Perezida Paul Kagame yibukije abatuye Isi ko uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagabo n’abagore ari urugamba rukwiye guharanirwa na buri wese, bidakwiye ko ruharirwa abagore gusa.
Yabitangaje kuri uyu wa 8 Werurwe 2021, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, ku nsanganyamatsiko igira iti ‘ChooseToChallenge’ mu rurimi rw’Icyongereza, bishatse kuvuga ngo ‘Hitamo Guhatana’.
Ku rwego rw’u Rwanda wizihijwe mu nsanganyamatsiko igira iti "Munyarwandakazi ba ku ruhembe mu Isi yugarijwe na COVID-19".
Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Perezida Kagame, yavuze ko Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore wibutsa ko uburinganire butareba abagore gusa.
Ati “Nta terambere ryagerwaho hatabayeho uruhare rwa buri wese n’amahirwe angana. Buri wese muri twe afite umusanzu akwiye gutanga ngo ejo hazaza hazabe hazira ubusumbane n’iheza.”
Uyu munsi ubaye bwa mbere isi iri mu rugamba rumwe, rwo guhangana n’icyorezo kiyugarije cya COVID-19, ikaba igeze ku rwego rwo gukingira abaturage bitanga ikizere ko yatsinda urwo rugamba hakomeje kuba ubufatanye.
















