Perezida Paul Kagame yashimiye ubufatanye Abanyarwanda muri rusange bagize n’abayobozi babo mu guhangana na COVID-19, agaragaza ko ibintu byari kurushaho kuba bibi iyo hataba ubwo bufatanye.
Ni amasengesho ngarukamwaka ategurwa n’umuryango Rwanda Leaders Fellowship, azwi nka National Prayer Breakfast ahuriramo abayobozi mu nzego nkuru za Leta n’ibigo byazo, abihayimana n’abandi bakomeye baba bayatumiwemo ku butumwa rukana bahimbaza Imbana bakanasengera abayobozi n’igihugu mu kerekeze kirimo.
Kuri iyi nshuro ariko yabeye hifashishijwe guhurira ku ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda guhurira hamwe ngo bigabanye ibyagi byo kwanduzanya no gukwirakwiza icyorezo cya COVID-19.
Perezida Kagame yavuze ko hari byinshi byo gushimira u Rwanda rufite nk’igihugu birimo no kuba Abanyarwanda bakomeje gufatanya n’abayobozi babo bakabasha kwirinda ingaruka zari kuba mbi iyo batabikora uko.
Yavuze ko amasengesho nkayo ari uburyo bukwiriye bwi kwibutsa abayobozi inshingano zabo ku baturage bashinzwe.

















