Perezida Kagame Paul yatangaje ko iterambere ryose n’imibereho myiza bya muntu bishingiye ku mibereho n’uruhare rw’umugore mu bimubaho.
Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ubwo yatangizaga Ihuriro rya 145 ry’Inteko zishinga amategeko ririmo kubera i Kigali.
Ni inama irimo kuganirirwamo uruhare rw’umugore mu kubaka amahoro n’iterambere birambye.
Perezida Kagame ayifungura ku mugaragaro yavuze ko gushyiraho umubare runaka w’abagore mu Nteko zishinga amategeko ari ikintu kiza ariko kidahagije.
Asanga abagore bagomba gukomeza kujya mu zego zitandukanye kandi ntibikorerwe mu Nteko zishinga amategeko gusa ahubwo bikanakorwa no mu zindi nzego.
Ati: “Kuba abagore bagenerwa umubare batagomba kurenza mu Nteko zishinga amategeko ni byiza ariko hari ibindi bakenewe kuko uburinganire ari uburenganzira kuri buri wese kandi aho ariho hose.
Yabwiye abateraniye muri iriya nama ko Abanyarwandakazi bagize uruhare muri byinshi u Rwanda rugezeho ndetse ngo urwo ruhare rwabaye ndashyikirwa mu kubohora u Rwanda.
Avuga ko uwo muhati wabo ugikomeje n’ubu kubera ko bakigira uruhare no mu kugarura amahoro hirya no hino muri Afurika.
Perezida Kagame avuga ko burya ntacyashoboka abagore badahawe umwanya ngo bagire icyo bakora mu iterambere ry’ibihugu byabo.
Kubera ko abitabiriye iyi nama ari Abadepite basanzwe bakora amategeko kandi bakaba basanzwe bakoresha imbuga nkoranyambaga, Kagame yabasabye kureba uko bakaza amategeko ahana akanakumira ababiba ingengabitekerezo y’urwango kuko iyo ikuze iba kirimbuzi.


















