Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagize Dr Edouard Ngirente Minisitiri w’Intebe,. umwanya asubiyeho nyuma yo gusoza Manda ishize y’imyaka 7 ariwe uyoboye Guverinoma.
Itegeko nshinga rya 2003 nk’uko ryavuguruwe mu 2015 kugeza ubu riteganya ko Perezida wa Repubulika watowe akimara kurahirira inshingano Ako kanya Guverinoma iba isheshwe, ni ukuvuga ko Minisitiri w’Intebe n’abandi baminisitiri n’abanyamahanga ba Leta baba bavuyeho.
Rivuga kandi ko Perezida ashyiraho Minisitiri w’Intebe mu gihe kitarenze iminsi 15 akimara kurahira.
Minisitiri w’Intebe nawe akimara kuboneka ashyiraho abagize Guverinoma mu gihe kitarenze iminsi 15.
Biteganyijwe kandi ko ejo kuwa 3 tariki ya 14 Kanama Perezida Kagame azakira Indahiro z’abagize inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite batowe mu matora yahujwe n’aya Perezida tariki ya 15 Nyakanga, ndetse na bucyeye bwaho tariki 16 mu bahagarariye ibyiciro bitegabywa n’itegeko nshinga.
Nasoza iyi manda, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, azaba akuyeho agahigo ka Bernard Makuza wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 11 n’igice kuko we (Ngirente) yazaba amaze imyaka 12, ni ukuvuga imyaka 7 amazeho ndetse n’indi 5 azaba amazeho.


















