Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yafunze uwagaragaye mu mashusho atega umufana

Monday 12 May 2025
    Yasomwe na

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi ushinzwe umutekano ku kibuga wagaragaye mu mashusho atega umufana wa Rayon Sports wirukaga ava mu kibuga akitura hasi ku buryo bukomeye.


Icyo gikorwa cyanenzwe na benshi cyabaye ku mugoroba wo kuri iki cyumweru ku mukino w’umunsi wa 27 wa Rwanda Premier League aho ikipe ya Rayon Sports yahuraga na Police Football Club.


Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana umufana wiruka ava mu kibuga uwo ushinzwe umutekano wo ku kibuga akamutega akaguru undi akagwa hasi inyuma y’ibyapa byamamaza kuri Kigali Pele Stadium.


Abakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje amarangamutima menshi banatabaza inzego z’umutekano ndetse n’izishinzwe ubugenzacyaha basaba ko yabibazwa kuko ari igikorwa bavugaga cy’ubugome.


Umufana wa Rayon Sports yatezwe n’umusekirite yikubita hasi.

Binyuze ku rukuta rwa X yahoze ari Twitter ya Polisi y’igihugu; yemeje ko yamaze gutabwa muri yombi, iti "Muraho,Umusekirite wagaragaye atega umwana mu mukino wahuje Police FC na Rayon Sports kuri Pele Stadium yamaze gufatwa kugira ngo akurikiranwe ku cyaha yakoze. Murakoze.


Umufana wa Rayon Sports yatezwe n’umusekirite yikubita hasi.

Ni kenshi mu Rwanda ku bibuga hagiye habera ibikorwa bitishimiwe n’abakunzi ba Siporo mu Rwanda bikunze gukorwa n’abashinzwe umutekano w’abafana bazwi nk’abasteward mu ndimi z’amahanga, aho kenshi hakunze gusabwa ko bahabwa amahugurwa azabafasha kujya bakora akazi kabo neza.


Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru