Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yafunze uwagaragaye mu mashusho atega umufana

Monday 12 May 2025
    Yasomwe na

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi ushinzwe umutekano ku kibuga wagaragaye mu mashusho atega umufana wa Rayon Sports wirukaga ava mu kibuga akitura hasi ku buryo bukomeye.


Icyo gikorwa cyanenzwe na benshi cyabaye ku mugoroba wo kuri iki cyumweru ku mukino w’umunsi wa 27 wa Rwanda Premier League aho ikipe ya Rayon Sports yahuraga na Police Football Club.


Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana umufana wiruka ava mu kibuga uwo ushinzwe umutekano wo ku kibuga akamutega akaguru undi akagwa hasi inyuma y’ibyapa byamamaza kuri Kigali Pele Stadium.


Abakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje amarangamutima menshi banatabaza inzego z’umutekano ndetse n’izishinzwe ubugenzacyaha basaba ko yabibazwa kuko ari igikorwa bavugaga cy’ubugome.


Umufana wa Rayon Sports yatezwe n’umusekirite yikubita hasi.

Binyuze ku rukuta rwa X yahoze ari Twitter ya Polisi y’igihugu; yemeje ko yamaze gutabwa muri yombi, iti "Muraho,Umusekirite wagaragaye atega umwana mu mukino wahuje Police FC na Rayon Sports kuri Pele Stadium yamaze gufatwa kugira ngo akurikiranwe ku cyaha yakoze. Murakoze.


Umufana wa Rayon Sports yatezwe n’umusekirite yikubita hasi.

Ni kenshi mu Rwanda ku bibuga hagiye habera ibikorwa bitishimiwe n’abakunzi ba Siporo mu Rwanda bikunze gukorwa n’abashinzwe umutekano w’abafana bazwi nk’abasteward mu ndimi z’amahanga, aho kenshi hakunze gusabwa ko bahabwa amahugurwa azabafasha kujya bakora akazi kabo neza.


Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru