Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Prince Kid yatawe muri yombi na Amerika

Sunday 9 March 2025
    Yasomwe na

Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (ICE) rwatangaje ko rwafashe Dieudonné Ishimwe, wari warahunze ubutabera bw’u Rwanda kubera icyaha cyo gufata ku ngufu.

Yafatiwe mu Mujyi wa Fort Worth, muri Texas, ku wa 3 Werurwe 2025.

Ishimwe Diedonne, w’imyaka 38, wamenyekanye nka PrinceKid, azwi nk’umunyarwanda wamaze igihe ategura amarushanwa ya Nyampinga w’u Rwanda, Miss Rwanda abinyujije mu kigo cye Inspiration BackUp.

Yakatiwe n’urukiko rukuru wa Kigali igifungo cy’imyaka 5 nyuma yo kumuhamya ibyaha byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

Ni umwanzuro w’urubanza wasomwe tariki ya 13/10/2023, ariko arabura kugira ngo ajye kurangiza igihano, cyane ko yaburanaga ari hanze kuko urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwamugize umwere kuri ibyo byaha ruramurekura.

Nyuma yo kumva ko yakatiwe Ishimwe Diedonne yahise atoroka ubutabera ntiyaboneka ngo arangize igihano, biza kumenyekana ko yahunze igihugu.Ishimwe Diedonne yinjiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko, ariko aza kurenga ku mategeko y’igihugu.

Urwego rushinzwe iperereza muri Amerika (FBI) rwafashije ICE mu gikorwa cyo kumufata.

Leta y’u Rwanda, binyuze mu Ubushinjacyaha Bukuru, yari yashyiriyeho Ishimwe impapuro zimuta muri yombi ku cyaha cyo gufata ku ngufu kuva ku wa 29 Ukwakira 2024.

Umuyobozi w’agateganyo wa ICE mu ishami rishinzwe gukurikirana no kwirukana abinjira muri Amerika mu buryo butemewe, Josh Johnson, yavuze ko Amerika itazihanganira abanyabyaha bagerageza guhunga ubutabera mu bindi bihugu.

Yongeyeho ko bazakomeza gukorana n’inzego z’umutekanoKuri ubu, Ishimwe afungiye muri ICE, ategereje ko hafatwa icyemezo cyo kumwohereza mu Rwanda, abonereho no kurangiza igihano.

Yanditswe na Samuel Mutungirehe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru