Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB, cyafunze utubari na hotel zirimo Chez-Lando muri Kigali nyuma yo gusanga zarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
RDB yavuze ko utubari na Hotel uko ari 18 byafunzwe hagati y’ukwezi kumwe n’amezi 3 kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 n’ubwo iki kigo kitatangaje amabwiriza barenzeho.
Buri kigo kandi cyanaciwe amande y’amafaranga bitewe n’ikosa ndetse n’igihe cyafungiwe.
Hashize iminsi mike iki kigo gitangaje amabwiriza mashya abakira abashyitsi n’abakerarugendo bagomba kugenderaho arimo kuba abo bakira barafashe inkingo zose za Covid-19.
















