Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

RDF yahinduye uburyo amapeti yambarwa

Monday 9 January 2023
    Yasomwe na

Abasirikare b’ingabo z’u Rwanda batangiye kwambara amapeti mu gituza ku myambaro isanzwe, bitandukanye n’uko yajyaga yambarwa ku ntugu.

Ni icyemezo cyatangiye kubahirizwa kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2023, kuri ba ofisiye n’abasirikare bato ku myambaro isanzwe y’akazi, yifashishwa nko mu gucunga umutekano cyangwa ku rugamba (combat uniform / field uniform).

Gusa ku bambara impuzakano yagenewe kwambarwa mu biro cyangwa mu birori ho amapeti azakomeza kwambarwa ku ntugu.

Haba kuri ba ofisiye bambaraga amapeti ku ntugu zombi cyangwa abasirikare bato bambaraga ipeti mu ibara ry’umuhondo cyangwa ubururu bw’ikirere ku ngabo zirwanira mu kirere, ku rutugu rw’iburyo, bose ipeti ryimuriwe mu gituza, ku gitambaro cy’icyatsi cya gisirikare kimadikwa ku ishati.

Ni imyambarire imeze kimwe n’iy’Ingabo z’u Bwongereza cyangwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru