Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyakiriye abasirikare bato basoje amasomo bari bamazemo umwaka umwe bitoza bya kinyamwuga.
Kuri uyu wa Gatanu Tariki ya 25 Gashyantare 2022 mu kigo cya Gisirikare cya Nasho, nibwo hasojwe amasomo yari amaze hafi umwaka, abasirikare bayasoje bakaba barahawe ubumenyi bwose boshoboka bwo kuba bakwinjira mu Ngabo z’u Rwanda.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen. Jean Bosco Kazura wayoboye uyu muhango yahaye ikaze abasirikare bashya ndetse abashishikariza kubahiriza indagagaciro n’amategeko ngengamyitwarire y’igisirikare cy’u Rwanda (RDF).
Yagize ati “Mwinjiye mu muryango mwiza wa RDF izwiho indangagaciro zirimo gukunda igihugu, ikinyabupfura n’umurava. Mukunde, mukorere igihugu cyanyu murinda n’abagituye. Ndabashishikariza guhora ku isonga mu nshingano zose muzahabwa."
Yakomeje abasaba kuzakomeza kurangwa n’ikinyabupfura; nanone kandi yabibukije ko bagomba guhora biteguye kuba bahabwa inshingano zo kubungabunga amahoro n’umutekano no hanze y’imbibi z’igihugu, haba muri Afurika no hanze yayo bagahora biteguye .
Umwe mu basoje amasomo yavuze ko yishimiye kuba asoje amasomo ndetse akaba yahembwe nk’umunyeshuri witwaye neza akaba yavuze ko ikinyabupfura (Discipline ), gukurikiza amabwiriza yahawe aribyo byamufashije kuba yahembwe.
Umuhoza Yvette yagize ati "Ikinyabupfura , gukurikiza amabwiriza nahawe nibyo byampfashije kwitwara neza, kandi nzakomeza kubahiriza inshingano."















