Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abagizweho ingaruka n’ibiza mu karere ka Rubavu, abantu b’ingeri zitandukanye bakomeje ibikorwa byo kuremera imiryango yasizwe iheruheru n’ibiza.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 31 Gicurasi 2023 abakozi b’uruganda rukora ikinyobwa cy’umwenya (HORA Group LT) bifatanyije n’abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza babajyanira ibyo kurya bigizwe n’umuceri, Akawunga, isabune n’ibindi bitandukanye birimo imyambaro n’inkweto byo kubafasha mu mibereho ya buri munsi.
Ibikoresho byatanzwe byahawe abashinzwe ububiko bw’inkambi ya Rugerero kugira ngo bishyikirizwe abagenerwabikorwa
Umuyobozi mukuru w’Ikigo HORA Group LT, Musabyimana Jean Claude, avuga ko kwifatanya n’uwagize ibyago bidakwiye kuba mu magambo gusa.
Yagize ati: "Hagomba kubamo ibikorwa, ikindi buri munyarwanda agiye amenya uko umuturanyi yaramuratse, yiriwe, kandi buri wese ufite umutima w’ubumuntu akwiye kujya atekereza kuri mugenzi we."
Uyu muyobozi yakomeje avuga ko Uwiteka nakomeza kubashoboza bazakomeza gufasha, ikindi ngo bishimira kuba abakozi benshi bakora muri uru ruganda bose 95% bavuka i Rubavu.
Ibyatanzwe byose hamwe bifite agaciro k’amafaranga arenga ibihumbi 500.000rwf.
Leta y’u Rwanda isaba buri muntu wese kugira uruhare mu gufasha iyi miryango yagizweho ingaruka n’ibiza byabaye mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gicurasi 2023, aho abarenga 200 bahasize ubuzima.
Kuri ubu abagizweho ingaruka n’ibiza benshi muri bo bacumbikiwe mu nkambi iri mu murenge wa Rugerero, yashyizweho kugira ngo iyi miryango ibashe kwitabwaho.




















