Bamwe mu baturage bakorera ubucuruzi butandukanya mu Karere ka Rubavu, barinubira kujyanwa gufungirwa mu nzererezi ngo nuko babuze EBM, aho babibonamo akarengane.
Mu karere ka Rubavu ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’Amahoro bwatangaje ko bwafatiye ingamba abacuruzi badatanga fagitire za EBM, ngo nyuma y’umuco wagaragaye wo kwirirwa bafunze mu gihe hari igenzura, ku mikoreshereze yazo.
Zimwe mu ngamba zafatiwe abacuruzi ngo batitabira gukoresha EBM, bigatuma bamwe bafata umwanzuro wo gufunga ubucuruzi bwabo, harimo kuba ufashwe afungirwa mu nzererezi igihe abuze ubwishyu yaciwe bitewe n’ikosa basanze yakoze.
Umwe muri bano bacuruzi utashatse ko amazina ye atanagazwa yagize ati "Baraza bakagufata basanga udakoresha EBM, bakakujyana mu modoka zabo wagerayo wabona ubwishyu baguciye ukagaruka, ikiza nuko bakwigisha bakanaguha EBM.’’
Akomeza agira ati ‘’Iyo bagutwaye ukabura ubwishyu nukugufunga kugeza ubwishyu bubonetse, turasaba ko baca inkoni izamba kuko kubona umucuruzi ukomeye bamuzingira mu modoka kandi ibikorwa bye bitakwimuka cyangwa ngo atoroke, ukumva ngo umukire afungiye mu bigo by’inzererezi birimo ibisambo ruherwa, abanyarugomo n’abagizi ba nabi biragayitse hari aho badutesha agaciro."
Niyonsaba Mabete Dieudonne, akaba ari Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu karere ka Rubavu muri iyi nama yavuze ko itegeko ry’umusoro rigomba kubahirizwa, asaba ikigo RRA kurushaho kwegera abacuruzi bakamenya uko bakoresha EBM.
Ati "ibyo twaganiriyeho byinshi byibanze kuri EBM, turamanuka mu bacuruzi, turi kumwe n’inzego bishizwe, ibiganiro by’ubukangurambaga byongerwe kugira ngo tuyimenye tunayisobanukirwe n’abumva ari umuzigo babivemo umucuruzi ni usora kandi agatanga inyemezabwishyu."
Kuva gahunda yo gukoresha inyemezabwishyu za EBM mu Rwanda yatangira, hakomeje kuvugwa ko hari bamwe bagiseta ibirenge mu kuzikoresha.
Yanditswe na Eulade Mahirwe


















