Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Hari abaturage bo mu karere ka Rubavu basenyewe n’imitingito yatewe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo cyo muri RD Congo mu 2021 bababajwe nuko bangiwe kuvugurura inzu zabo.
Babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga ku nzu n’inyubako zimwe zitaravugururwa kugeza ubu nyuma yo gusenywa n’imitingito.
Bamwe muri bo ni Nduwimana Emmanuel, yagize ati: "Tugera ku karere tugiye gusaba ibyangombwa ngo tuvugurure bakatwangira, bakakubwira ko kuvugururwa inzu barimo kubyigaho."
Undi muturage yagize ati: "Batubwiye ko hari ubufasha tuzahabwa na Minisiteri ibishinzwe ntiburatugeraho ariko kandi duhangayikishijwe n’inzu zasenywe n’imitingito. Akarere ntabwo gashaka ko tuvugurura kandi inzu zikomeje kwangirika."
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyavugaga ku bikorwa bijyanye n’iterambere ry’akarere ka Rubavu, ubuyobozi bwemeje ko budashobora gutanga ibyangombwa byo kuvugurura izo nzu kuko bategereje igishushanyo mbonera gishya cy’umujyi wa Rubavu.
Sindikubwabo Gilbert ushinzwe ibijyanye n’ubutaka n’imyubakire mu karere ka Rubavu yagize ati: "Nibyo koko birimo kugorana guha abaturage ibyangombwa byo kuvugurura inzu zabo kuko Akarere kifuza ko bavugurura bijyanye n’igishushanyo mbonera gishya cy’umugi. Ubu rero iki gishushanyo mbonera cy’umugi ntikirakorwa, nikiboneka tuzabafasha bubake."
Ni mu gihe mu kwezi kwa Karindwi mu 2021 Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza (MINEMA) yasohoye inyandiko ivuga ko hagiye gushakishwa amafaranga agera kuri Miliyari 92 zirimo 5 zizitabazwa mu gusana inzu z’abaturage zasenywe n’umutingito ariko bavuga ko ntacyizere cyo guhabwa ubufasha.

















