Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rubavu: Ubujura bw’insinga w’amashanyarazi buri kubasiga mu kizima

Friday 15 November 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo Mudugu wa Bubaji, mu Kagari ka Bulinda mu Murenge wa Rubavu, bavuga ko ubu bari mu mwijima nyuma yo kubura umuriro w’amashanyarazi bitewe nuko insiga ziwugeza mu ngo zabo zibwe.

Umwe muri bano baturage waganiriye na Mamaurwagasabo yagize ati: "Abajura bari kuza ku mazu, nko kuya Michel (avuga umusaza wibwe) ikamba (urusinga) ye barayikase; insinga z’amashanyarazi bari kuzikata. Nuyu musaza barayijyanjye, ubu ntabwo ari gucana, ubu rwose nukuturwanaho".

Undi muturage witwa Umwanzintabakure Michel, nawe agaragaza ko ubu nta muriro w’amashanyarazi afite iwe mu rugo bitewe n’abajura.

Ati: "Ni abantu biha ngo ni abatekinisiye, kandi ari abamagendu, mu by’ukuri wajya gusanga mu gitondo ugasanga insinga baziciye".

Akomeza agira ati: "Njyewe byabaye ku munsi w’umuganda ngarukakwezi, hashize ukwezi, nyuma yaho ngiye kubyuka nsanga urusinga baruciye. Nta muriro, ndi gucana buji".

Umuyobozi uhagarariye Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ingufu, (REG) mu Karere ka Rubavu, Muhire Christian nawe yemeza koko kino kibazo gihari, agasaba abaturage kugira uruhare mu kuburizamo buno bujura.

Yagize ati: "Icyo cy’insinga turakizi, ariko cyane cyane abaturage bafatanyije n’inzego z’ibanze zaho ndetse na Polisi bakurukirana cyane icyo kibazo cy’ubujura, natwe tukagikurikirana dufatanyije na Polisi, ari ibikorwa bitandukanye, tugirana n’inzego z’umutekano, kugira ngo yaba abo biba insinga, aho babigurisha, cyane cyane muri abo bantu bacuruza ibyuma biba byarashaje, dukunda kugira iyo gahunda.

"Cyane cyane dushishikariza abaturage mu kugira umutekano w’ibikorwa tuba twamuhaye mbera na mbere ko ari we bireba, hari nabumva yuko bitamureba; mu kwirinda ko ubwo bujura bwaba nabo bakwiye gukaza uburyo, bagomba kurindira umutekano ibikorwa remezo baba bahawe by’amashanyarazi".

Akagari ka Bulinda kakaba kagizwe ahanini n’igice cy’icyaro ho muri uno murenge wa Rubavu, kakaba gatuwe n’abaturage bafite inzu ziciriritse kandi bakora ibikorwa byiganjemo ibikunze gukorerwa mu cyaro nk’ubuhinzi.

Yanditswe na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru