Bamwe mu baturage batuye ndetse n’abakorera muri santeri y’ubhcuruzi ya Bisizi, mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu, bafite impungenge z’umwanda uterwa n’ubwiherero bwubatse muri iyi santeri butagikoreshwa.
Ubu bwiherere bwubatswe n’abafanyabikorwa b’akarere ka Rubavu, ariko aza kubuta ku buryo butakitabwaho uko bikwiye ngo bukorerwe isuku, ibi bikaba intandaro y’umwanda butera ababwegereye.
Umwe mu bakorera hafi y’ubu bwiherero, Nakure Mediatrice, yagaragaje impungenge bubateye.
Ati: "Aha mpamaze umwaka n’igice urenga, ariko sindabona hari umuntu ubukorera isuku, mbese buriya bwiherero buratubangamiye cyane kandi buduteye imbogamizi zikomeye, ahubwo muzatubarize icyo bugamije kuko ahubwo butuzanira umwanda”.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanzarwe, Serubura Jean Baptiste yavuze hari gahunda yo kubusimbuza ibiro by’umudugudu.
Ati: "Nibyo koko ubwo bwiherero burahari ariko tumaze kubona ko ari ikibazo, twafashe umwanzuro ko bukurwa muri iriya Santeri, ahubwo aho buri hagashyirwa ibiro by’umudugudu, buriya bwiherero tukabwubaka ahandi ariko ntibwubakwe nka buriya, kuko buriya butakemuye ikibazo cy’isuku kandi bwubatswe hagati mu baturage".
Ubwiherero butitaweho ngo bukorerwe isuku uko bikwiye, bushobora gutera ibibazo, harimo no gutera indwara ziterwa n’umwanda.


















