Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ku itariki 09 Mutamara 2025, mu Murenge wa Rugerero, muri parking y’amakamyo, ikamyo yari ipakiye umuceri iwuvanye i Mombasa muri Kenya yafashwe n’inkongi y’umuriro.
Iyi kamyo yahiye mu buryo bigaragara ko bukomeye, ndetse n’umwotsi mwinshi ucumba uzamuka hejuru.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero Uwajeneza Jeannette, yabwiye Mama Urwagasabo Ngo iyi mpanuka yatewe no gushyuha kw’amapine yayo, nkuko bikubiye mu butumwa bugufi yoherereje umunyamakuru.
Yagizite ati: "Bayizimije, ni ugushyuha kw’imodoka amapine yahiye, uwangiritse (umuceri), ntiturawumenya, turabimenya batangiye gupakurura".
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugerero, Uwajeneza Jeannette
Icyakora uyu muyobozi yatubwira ko ntawaburiye ubuzima muri iyi mpanuka.
Iyi kamyo uyu muceri ikaba yari iwujyanye ku nyubako yitwa Warehouse iri kuri Grande Barrière, ku mupaka mukuru uhuza u Rwanda na DRC ku gice cy’akarere ka Rubavu.
Iyi kamyo ikaba yaje kuzimywa ubwo abakozi b’Ishami rya Polisi y’u Rwanda bafite mu shingano kuzimya inkongi y’umuriro bageraga aha habereye iyi mpanuka, hamwe na kizimyamoto.
Umwotsi w’umuriro wari wasakaye mu kirere
Yanditswe na Eulade Mahirwe




















