Inyubako yagenewe amashuri yo kwigiramo, amashuri agendanye n’ubumenyi ngiro, iherereye mu mu mudugu wa Rambo, akagari ka Kiraga, mu murenge wa Nyamyumba, imaze imyaka igera kuri 13 ituzura.
Nkuko bamwe mu baturage baturiye hafi yayo babivuga, ngo uyu mushinga wo kubaka aya mushuri watangijwe n’uruganda rwa BRALIRWA, nyuma ruza guhagarika imirimo utarangiye.
Iyo wegeeye izi nyubako, bigaragara ko zadidindiye kandi n’imirimo yo kuzubaka nayo bigaragara ko yahagaze, dore ko zatangiye kumeraho ibyatsi.
Mutabazi Innocent, akaba ari umuturage utuye muri uyu murenge wa Nyamyumba yavuze ko imyaka 13 ishije hatangiye kubakwa, bakibaza igihombo cyabaye ku bana bari kuzazigiramo uko kingana no ku gihugu.
Ati: "Ndumva ngo ni Braseri yayubakishije, kuko n’abazamu ba BRALIRWA bazaga kuyacunga, imyaka 13 irashize, gusa hazamo ibisambo bidutesha umutwe biza kwihishamo n’ijorO. Ni indiri y’ibisambo, harimo igihuru".
Umunyamabanga shingwabikorwa w’umurenge wa Nyumumba Nkurunziza Faustin, yatangarije Mamaurwagasabo ko icyatumye iyo nyubako idindira ari ingengo y’imari yabaye nkeya, gusa ngo imirimo yo kuyisubukura iri hafi gutangira.
Yagize ati: "Icyatumye adindira n’ingengo y’imari yabaye nkeya, kandi ubungubu akarere kakoze inyigo, ndabona agaciro k’ibikorwa bisigaye n’amafaranga yo kubirangiza, uyu mwaka bizakorwa birangire".
Uyu muyobozi kandi yavuze ko kuba imirimo yo kubaka aya mashuri yaratangijwe n’uruganda rwa BRALIRWA ariko ntibabashe gusozwa batasigana narwo kuko ari abafatanyabikorwa.





















