Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rubavu: ’Umujongo’ yaguye mu kirombe bagenzi be bateza imvururu

Wednesday 17 January 2024
    Yasomwe na

Mu kirombe cya Kompanyi icukura amabuye y’agaciro ya CEMINYAKI iherereye mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu haguye umucukuzi wo mu itsinda ry’Abajongo bagenzi be bateza igisa n’imyigaragambyo.

Iyi Kompanyi isanzwe icukura amabuye y’agaciro mu buryo bwemewe n’amategeko, ikagira abakozi bahoraho ariko ijya iha akazi n’abandi bakozi nyakabyizi mu gihe bibaye ngombwa ari nabwo buryo aba bahebyi bayigezemo basaba akazi.

Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, ku itariki ya 16 Mutarama, mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba aho kompanyi CEMINYAKI ikorere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Uwaguyemo yazize kujyamo nta mwuka yitwaje, avuga ko agiye kuzana ibikoresho

Aba banyabiraka bamenyerewe ku izina ry’Abajongo, abandi bita Abahebyi, bakomoka mu karere ka Rutsiro, ari naho bari baje baturutse.

Uwaguye mu gisimu bavuze ko byatewe no kubura gazi isanzwe ifasha abakozi kugeza umwuka mwiza mu nda y’isi aho bacukura.

Uwaguye muri icyo gisimu yitwa Hakizimana Jean Claude.

Umwe mu baturage utuye muri aka gace iyi mpanuka yabereyemo witwa Dusabimana Pascal yabwiye Mamaurwagasabo ko aba banjongo basanzwe ari ibihazi.

Yagize ati: "Yaguye mu kinombe, bene wabo bafata umurambo bawujyana ahantu kuri biro, basanzwe babika amabuye, basanga nta muntu uhari, bajya kurwana bari kumenagura ibirahure by’ibiro".

Undi nawe yagize ati: "Hari hamaze igihe hari batayo y’abasirikare aribo batinya, abasirikare baherutse kubajyana, hashize iminsi itatu, ariko hano kuri Mezo badusiribanze, nimbona inzira ingeza iwanjye ndaryama shyire umutima hamwe".

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yatangaje ko amakuru y’uru rupfu yayamenye bityo iperereza rigikomeje.

Ati: “Amakuru y’urupfu rw’uyu muturage twayamenye, aho abakozi bari batashye we agasubira mu gisimu abeshye abasekirite ko yibagiriwemo ibikoresho birangira apfuye, gusa turacyakomeje iperereza.”

Ntabwo aribwo bwa mbere muri ino kompanyi CEMINYAKI havuzwemo urupfu ruturutse mu gucukura amabuye, kuko mu kwezi kwa Nzeri umwaka ushize, hari undi muturage igisimu cyagwiriye akahasiga ubuzima.

Iyo kompanyi ni imwe mu ziherutse gusura n’intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru