Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Rubavu: Basanze umurambo w’umusore mu muhanda

Wednesday 19 June 2024
    Yasomwe na


Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, ku itariki 19 Kamena 2024, mu kagari ka Rubona mu murenge wa Nyamyumba, hasanzwe umurambo w’umusore mu muhanda, ugeretseho igare.

Umurambo wuyu musore witwaga Nshimiyimana Jackson, wasanzwe ahantu n’ubundi ngo hasanzwe habera ibikorwa by’urugomo bitandukanye. Ibi byatumye abaturage batwkereza ko n’uyu musore yishwe, nkuko byemezwa n’umuturage witwa Ahimanishakiye Mathias, nawe utuye muri uno murenge.

Yagize ati: "Basanga umurambo uraho gusa n’igare, ntabwo bazi uburyo bamunize. yakomokaga ahongaho mu kagari ka Rubona; basigaye bahategera abantu cyane no kubambura amatelefone".

Twashatse kumenya icyo inzego z’ubuyobozi
zivuga kuri kino kibazo, maze duhamagara kuri telefone gendanwa Umunyamabaga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamyumba, Nkurunziza Faustin ngo agire icyo abivugaha, gusa ishuro ebyiri twamuhamagaye ntabwo yabashije kutwitaba.

Gusa nyuma uyu muyobozi yahamirije RADIO TV10, ko ibi ari impano kandi asaba abaturage kugira uruhare mu gucunga umutekano.

Yagize ati: "Nyuma y’uko tuhageze, twaganiriye n’abaturage, tugira ibyo tubasaba, tunabahumuriza. Tubasaba ko buri wese yagira uruhare mu gucunga umutekano, cyane cyane batanga amakuru ku nzego z’ubuyobozi kugira ngo dufatanye gushakisha abagizi ba nabi baba bagize uruhare mu rupfu rw’uyu".

Ku kigendanye nuko, hariya hasanzwe uriya murambo hasanzwe habera ibikorwa by"urugomo, uyu muyobozi ntabwo abyemera, gusa akemeza ko hagiye gushyirwa amatara ku muhanda kugira ngo azafashe inzego z’umutekano mu gihe bwije.

Yanditse na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru