Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rubavu: Basanze umurambo w’umusore mu muhanda

Wednesday 19 June 2024
    Yasomwe na


Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, ku itariki 19 Kamena 2024, mu kagari ka Rubona mu murenge wa Nyamyumba, hasanzwe umurambo w’umusore mu muhanda, ugeretseho igare.

Umurambo wuyu musore witwaga Nshimiyimana Jackson, wasanzwe ahantu n’ubundi ngo hasanzwe habera ibikorwa by’urugomo bitandukanye. Ibi byatumye abaturage batwkereza ko n’uyu musore yishwe, nkuko byemezwa n’umuturage witwa Ahimanishakiye Mathias, nawe utuye muri uno murenge.

Yagize ati: "Basanga umurambo uraho gusa n’igare, ntabwo bazi uburyo bamunize. yakomokaga ahongaho mu kagari ka Rubona; basigaye bahategera abantu cyane no kubambura amatelefone".

Twashatse kumenya icyo inzego z’ubuyobozi
zivuga kuri kino kibazo, maze duhamagara kuri telefone gendanwa Umunyamabaga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamyumba, Nkurunziza Faustin ngo agire icyo abivugaha, gusa ishuro ebyiri twamuhamagaye ntabwo yabashije kutwitaba.

Gusa nyuma uyu muyobozi yahamirije RADIO TV10, ko ibi ari impano kandi asaba abaturage kugira uruhare mu gucunga umutekano.

Yagize ati: "Nyuma y’uko tuhageze, twaganiriye n’abaturage, tugira ibyo tubasaba, tunabahumuriza. Tubasaba ko buri wese yagira uruhare mu gucunga umutekano, cyane cyane batanga amakuru ku nzego z’ubuyobozi kugira ngo dufatanye gushakisha abagizi ba nabi baba bagize uruhare mu rupfu rw’uyu".

Ku kigendanye nuko, hariya hasanzwe uriya murambo hasanzwe habera ibikorwa by"urugomo, uyu muyobozi ntabwo abyemera, gusa akemeza ko hagiye gushyirwa amatara ku muhanda kugira ngo azafashe inzego z’umutekano mu gihe bwije.

Yanditse na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru