Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rulindo: Kompanyi yakoze umuhanda Base-Gicumbi yasize abaturage mu manegeka akarere ntikabimenya

Wednesday 17 April 2024
    Yasomwe na


Abatuye muri Santere ya Kisaro mu karere ka Rulindo baravuga ko kompanyi ya CHICO yakoze umuhanda Base-Gicumbi yabasize mu manegeke aho inzira yari nyabagendwa yanyuragamo imodoka bayangirije itakiri nyabagendwa.

Abaturage batuye mu mudugudu wa Gishinge babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Kisaro, ahari icyo kibazo, bataka kuba batabasha kunyuza ibinyabiziga byabo mu muhanda ushamikiye kuri kaburimbo, wangijwe niyi kompanyi y’abashinwa yitwa CHICO.

Ni umuhanda ushamikiye kuri iyo kaburimbo ya Base-Gicumbi, ujya mu mudugudu wa Gishinge ukazamukira ku rusengero ruri hafi aho.

Abahatuye bafiye ibinyabiziga n’abandi bubakisha bavuga ko byaheze aho nyuma yo gusiga uwo muhanda udakoze, ukaba warangiritse cyane.

Umwe muri aba baturage witwa Anastase Mwerekande yagize ati: "Kera uyu muhanda ugana muri uyu mudugudu wa Gishinge wari nyabaganedwa tunyuzamo imodoka, moto, n’amagare ariko kompanyi y’Abashinwa yitwa Chico ubwo yakoraga uyu muhanda wa Base-Gicumbi , yaraje idusiga mu manegeka ubu nta kinyabiziga cyanzamuka muri uyu mudugudu wacu, turasaba ko bazadukora uyu muhanda wacu nkuko wahoze mbere."

Undi muturage witwa Mugabarigira Jean de Dieu yavize ati: "Nkuko mu bibona uyu muhanda barawangirije, badusize mu manegeke, wari warakozwe n’abaturage abashinwa baje barawangiriza kuko imodoka zabo zahanyuraga zigiye gupakira ibicangarayi byo gukoresha iyi kaburimbo. Iterambere ry’uyu mudugudu wacu ryarahagaze kubera ko nta muhanda uwujyamo, turasaba ubuvugizi leta ko bazaza bakareba uburyo iyi kompanyi yangirije uyu mubanda hanyuma bakagira icyo bakora kuko biratubangamiye cyane tujya gucumbikisha imodoka zacu."

Iyi modoka ni imwe mu zagizweho ingaruka no guhera mu mudugudu yabuze aho inyura hasanzwe

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Rugerinyange Theoneste, yavuze ko iki kibazo atari akizi gusa ngo agiye kugikurikirana.

Yagize ati: "IIki kibazo cy’aba baturage ntabwo narinkizi, nibwo nkimenye, ubwo tugiye kugikurikirana turebe niba koko abo baturage barasizwe mu manegeke kuko byaba ari ikibazo biramutse bimeze bityo; turavugana na kompanyi. Ikindi nuko iyi kompanyi nubundi igikora umuhanda wa Rukomo-Nyagatare, byose biracyakorwa, ubwo turakurikirana turebe icyo abaturage bafashwa bibaye koko barasizwe mu manegeka."

Uyu muhanda ugana mu mudugudu wa Gishinge, Akagari ka Murama, umurenge wa Kisaro kuri ubu nta modoka cyangwa ikindi kinyabiziga gishobora kujyayo, uzanye umutwaro bimusaba kuwikorera ku mutwe akawuzamukana, akaba ariho bahera basaba ko hagira igikorwa.

Aba baturage bavuga ko igihe ubuyobozi butagenzuye ibyo bavuga bashobora kwakira umuhanda nyamara hari abo wasize mu bibazo kandi wari watekerejwe nk’igisubizo ku iterambere ryabo.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru