Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Rutsiro: Haravugwa uburiganya mu gutanga imirasire

Wednesday 10 January 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo mu kagari ka Murambi mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro barinubira uburyo bw’imitangire y’amatara akoreshwa n’izuba azwi nk’Imirasire.

Bavuga ko ubusanzwe ayo matara agomba guhabwa abantu badafite umuriro w’amashanyarizi, ariko ngo hari abayihabwa basanzwe bawugite, nkuko bamwe mu baturage babitangarije mamaurwagasabo.

Umwe muri abo baturage, batashatse ko amazina yabo amenyekana yagize ati: "Bari kuyaha (amatora y’Imirasire) n’abafite amashanyarazi kandi abasanzwe bayafite batari mu bagomba kuyabona."

Undi nawe ati: "Njyewe barimpaye kandi sanzwe mfite amashanyarazi, nageze mu rugo ndarihasanga".

Kuri iki kibazi Dusabimana Justin akaba ari umuyobozi w’akagari ka Murambi yavuze ko ayo matara agenewe abadafite umuriro w’amashanyarazi. Ati" Imirasire yatanzwe n’abayobozi b’imidugudu kandi bamaze kurahira ko iyo mirasire barayiha abantu badafite amashanyarazi".

Gitifu w’akagari

Yakomeje avuga ko abo basanganga bafite amashyarazi batari bemwe guhabwa iyi mirasire. Ati" bitewe ko bafata indangamuntu bakayifotora hari amabwiriza ko ufite amashanyarazi batayimuha( Imirasire)".

Ni kenshi bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bashyirwa mu majwi n’abaturage bitewe na servisi mbi baha abo bashinzwe kuyobora hakaba ubwo bamwe bageza naho kwaka indonge kubigenewe abaturage.

Akarere ka Rutsiro kabarizwamo umurenge wa Musasa ni kamwe mu turere two mu Rwanda twakunze kuguma igihe kirere nka tumwe dufite igice kinini kirangwamo icuraburindi ryo kubura umuriro w’amashanyarizi, gusa uko iminsi igenda ishira iki kibazo kigenda gishacyirwa umuti.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru