Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro baratangaza ko bugarijwe n’inda zo mu myenda, izi zikomoka ku mwanda.
Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Ruhango aho bavuga ko inda zibarembeje ndetse ngo zibabuza amahwemo.
Umwe muri aba baturage yagize ati: "Inda ziraturembeje, iyo ikuriye ugira gutya ukayimena, zaratumaze zitumaramo n’amaraso ariko biterwa n’ubundi n’aho turara; ntabwo waba urara hasi cyangwa wambara imyenda utayihindura ngo ubure kurwara ibirondwe n’inda."
Undi muturage nawe aragira: "Ku manywa y’ihangu rwose inda ziba zidutondagira ariko natwe sitwe kuko turara hasi, nta myambaro tugira, none se ubundi urajya koga ufite aka kenda kamwe hanyuma ugasubiremo wabura kurwara inda, ubukene niyo ntandaro yo kurwara inda."
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro Mulindwa Prosper yahamirije mamaurwagasabo ko iki kibazo yari akizi ariko ngo yari azi ko cyarangiye ,ngo bagiye kongera gukora ubukangurambaga bashishikariza aba baturage kugira isuku.
Aragira ati: "Yego nibyo, narinzi ko ikibazo cy’umwanda cyarangiye hariya, ubu tugiye kongera gushyiramo imbaraga hakorwa ubukangurambaga ku buryo tuzifashisha n’abajyanama b’ubuzima ku buryo abaturage bakwiye kugira isuku ihagije."
Akarere gasanzwe kazi iki kibazo
Abaturage bakomeza bavuga ko kuba inda zibarembeje bitabaturukaho ahubwo ngo biterwa n’ubukene bwo kutabona ibyo baryamaho ndetse ngo n’imyambaro bahoramo buri munsi.
Guhora mu mwenda umwe bavuga ko bitatuma inda zicika
Akarere ka Rutsiro ni kamwe mu turere 7 tugize intara y’iburengerazuba, ubukungu bw’abaturage bushingiye ahanini ku buhinzi n’ubworozi.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje


















