Abagize Sendika y’Abashoferi batwara imodoka nini zambukiranya imipaka y’u Rwanda (ACPLRWA)
biyemeze guhangana n’abagifite ingenda bitekerezo ya Jenoside
Ni igihango bagiranye n’igihugu kuri uyu wa Gatandatu ku itariki 08 Kamena 2024, ubwo baasuraga urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, rubumbatiye amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Usibye gusura uru rwibutso kandi, banasobanuriwe, uburyo Jenoside yari yateguwe kugeza ishyizwe mu bikorwa mu mwaka 1994.
CPLRWA yanubakiye umwe mu bacitse kwicuma rya Jenoside yakorewe Abatutsi, utuye mu murenge wa Gikondo.
Rutikanga John, ni umwe muri abo bashoferi, umaze imyaka igera kuri cumi n’irindwi muri kano kazi, avuga ko bafite umwihariko wo kuba baba mu gihugu, bakanarara no hanze yacyo.
Ati: "Dufite umwihariko, tuba mu gihugu ariko tukaba no hanze yacyo, dufite umwihariko wo guhura n’abanyamahanga bumva ibyabaye, ariko babyumva nk’amakuru, ahari abavutse nyuma, hari ababibona muri tereviziyo, ariko twebwe nk’abashoferi baba Nyarwanda, dufite umukoro, kuko hari ibyo tugomba kubabwira".
Perezida wa ACPLRWA, Gisaka Justin, abona muri Jenoside yakorewe Abatutsi hari abashoferi bayigizemo uruhare, nko kuba baratwaraga abagiye kwica ndetse baratwaye n’ibikoresho byakoreshejwe mu kwica abahigwaga.
Akabona rero nyuma yaho ihagarikiwe bo bagikora uyu mwuga bafite ishingano mu gatanga umusanzu ngo itazongera kubaho.
Yagize ati: "Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, nubundi mu Rwanda hari hari imodoka, batwaye ibikoresho, batwaye abantu bajya kwicwa, batwaye imibiri, mu kujya gushyingurwa mu buryo bugayitse, uruhare rw’umushoferi ni runini, banatwaraga n’abajya kubiba ayo macakubiri".
Kwibuka iyi Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ishingano, z’Umunyarwanda wese, nkuko byanagarutsweho na Nyiribakwe Jean Paul, ushinzwe porogarame mu muryango Ibuka.
Ati: "Kwibuka ni ishingano z’Umunyarwanda wese, kwibuka ni igikorwa cy’ingirakamaro, noneho ku bashoferi, bahora mu muhanda, bajya mu bihugu bitandukanye, abahura na benshi, kandi bahura n’Abanyarwanda baba hirya hirya mu gihugu, mu bihugu bitandukanye, ndetse n’abanyamahanga, ni ingirakamaro cyane, kuba bahisemo uyu munsi wo kwibuka".
imbere mu rwibutso basobanuriwe amateka
Sendika ya ACPLRWA, ifite abanyamuryango bagera ku gihumbi, biganjemo abashoferi bakomoka mu bihugu byo mu muryango w’Afurika y’Uburasirazuba, ikaba yarashinzwe mu mwaka 1992. Hakaba hamaze kumenyekana abari bayigize bagera kuri 15 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.




















