Umuryango w’Afurika y’Amajyepfo, SADC, wahakanye wivuye inyuma ko nta ruhare wagize mu bitero byagabwe ku mugi wa Goma.
Ibiteroi byagabwe kuri Goma, tariki ya 11 Mata 2025, Ihuriro AFC/M23 rifite uwo mugi mukuru muri Kivu y’Amajyaruguru rihita ribishinja Ingabo za SAMDRC kuba inyuma yabyo bafatanyije n’igisirikare cya Leta, Wazalendo, ndetse na FDLR.
Nyuma y’amasaha make, Umuvugizi w’ingabo za Leta, FADRC, General Ekenge yahise yamagana ibiyishinjwa, atangaza aho FADRC igiye ifite ibirindiro uvuye i Goma, yemeza ko nat ruhare babifitemo.
Mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa mbere, Umuryango wa SADC nawo wasohoye itangazo rihakana ryivuye inyuma ko nta ruhare nabo bafite muri ibyo bitero, ikinti bari bamaze kubona ko AFC/M23 yavuze ko kiri bugire ingaruka ku masezerano bari baragiranye mu minsi ishize, byongeye bahise babasaba kuva Gomna byihuse.
Itangazo rya SADC rigira riti:
SADC (Umuryango w’Iterambere ry’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika) wagaragaje impungenge zikomeye ku bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 12 Mata 2025 n’Ihuriro Flauve Congo / Umutwe wa M23, rivuga ko Ingabo za SADC ziri mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SAMIDRC) zifatanyije n’Ingabo za Leta ya Congo (FARDC), umutwe wa FDLR, ndetse n’inyeshyamba za Wazalendo mu bikorwa bya gisirikare i Goma barwana na M23.
SADC yamaganye yivuye inyuma ibyo birego, ivuga ko nta na rimwe SAMIDRC yigeze yifatanya mu bikorwa bya gisirikare nk’uko bivugwa. Ayo makuru ntabwo ari yo kandi arayobya.
Nk’uko byemejwe n’Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize SADC, SAMIDRC irimo gushyira mu bikorwa gahunda ihamye kandi iteguwe neza yo kuva mu gihugu cya DRC.
SADC yongeye kwemeza ko yiyemeje gukurikiza ibyemeranyijweho mu nama yabaye ku wa 28 Werurwe 2025 i Goma hagati ya SADC n’ubuyobozi bwa M23. Uyu muryango uzakomeza gushyigikira inzira z’amahoro n’ubuhuza hagamijwe kugera ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa Congo.
Ibiro by’Umunyamabanga Mukuru wa SADC bisaba impande zose kwitwara mu buryo buboneye, kwirinda gukwirakwiza amakuru atari yo, no gufatanya mu kugarura ituze n’amahoro muri aka karere."



















