Urupfu rwe rwemejwe ku wa Kabiri n’umuyobozi w’umutwe wa politiki abarizwamo. Saif al-Islam, wari ufite imyaka 53, yari amaze igihe kinini afatwa nk’ushobora kuzaba umusimbura wa se ku butegetsi.
Umunyamategeko we yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko yishwe n’itsinda ry’abagizi ba nabi bane bamusanze iwe mu mujyi wa Zintan, nubwo kugeza ubu hataramenyekana neza ababikoze. Gusa amakuru ku rupfu rwe aravuguruzanya, kuko mushiki we yabwiye televiziyo ya Libya ko yapfiriye hafi y’umupaka uhuza Libya na Algeria.
Mu myaka myinshi, Saif al-Islam yari umwe mu bantu bakomeye kandi bafite ijambo rikomeye muri Libya nyuma ya se, wayoboye igihugu kuva mu 1969 kugeza ubwo yahirikwaga akanicwa mu myivumbagatanyo yo mu 2011.
Yavutse mu 1972, agira uruhare runini mu kuzahura umubano wa Libya n’ibihugu by’Uburengerazuba hagati ya 2000 na 2011, mbere y’uko ubutegetsi bwa se busenyuka. Nyuma yo guhirikwa kwa Gaddafi, Saif al-Islam yafashwe n’umutwe w’inyeshyamba mu mujyi wa Zintan, afungwa imyaka igera kuri itandatu ashinjwa kugira uruhare mu guhashya imyigaragambyo yamaganaga ubutegetsi.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwari rwarasohoye impapuro zo kumuta muri yombi rumushinja ibyaha byibasiye inyokomuntu kubera uruhare yagize mu bikorwa byo gukandamiza abatavugaga rumwe n’ubutegetsi mu 2011.
Mu 2015, urukiko rwo muri Tripoli rwamukatiye igihano cyo kwicwa adahari, ariko mu 2017 aza kurekurwa n’umutwe w’abarwanyi bo mu mujyi wa Tobruk hashingiwe ku itegeko ry’imbabazi.
Kuva ubutegetsi bwa Gaddafi bwahirikwa, Libya yacitsemo ibice bigenzurwa n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro, kugeza ubu igihugu kikaba gifite ubutegetsi bubiri buhanganye.
Mu gihe se yari akiri ku butegetsi, Saif al-Islam yari umuntu ukomeye mu bya politiki, akayobora ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru n’amahanga nubwo atari afite umwanya muri guverinoma. Yagize uruhare rukomeye mu masezerano yatumye Libya ireka gahunda yo gukora intwaro za kirimbuzi, bituma n’ibihano mpuzamahanga byari byarafatiwe igihugu bikurwaho. Benshi bamubonaga nk’umuntu washoboraga kuzana impinduka nziza no kuvugurura igihugu.
Nubwo benshi bamufataga nk’uzasimbura se, Saif al-Islam yakundaga kubihakana, akavuga ko ubutegetsi atari “umurage umuntu ahabwa nk’itongo.” Mu 2021 yatangaje ko azahatanira kuyobora Libya mu matora ya perezida, ariko ayo matora aza gusubikwa kugeza igihe kitazwi.
Chadadi Habimana




















