Mu ngendo z’Abadepite basura amashyirahamwe y’imikino basanze hari imikoranire itari myiza hagati yayo na Minisiteri y’imikino, uyu munsi bahamagaje Minisitiri Julienne Uwacu ngo ababwire impamvu yabyo, yavuze ko ntako batagira mu kuyafasha kandi n’ahandi siporo iteye imbere atari uko Leta ishyiramo amafaranga menshi.
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda akenshi avuga ko Minisiteri itayafasha bikwiye, yanayafasha ngo ntiyareshyeshye,imikino imwe igashyirwa imbere.
Minisitiri yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’uburezi, ikoranabuhanga umuco na siporo ko bagirana amasezerano n’aya mashyirahamwe agaragaza imirongo migari y’imikoranire n’icyo aya mashyirahamwe yiyemeje gukora bijyanye n’ikerekezo cy’igihugu mu mikino.
Hon Cecile Mukazibera uyobora iyi Komisiyo we yavuze ko batunguwe no kumva Minisitiri avuga ko hari amasezerano Minisiteri igirana n’ayo mashyirahamwe mugihe aho bageze hose ntaho ngo bababwiye ko ahari.
Ngo niba anahari yaba ajya hagati y’Abaperezida ba za Federation gusa ntagere mu banyamuryango.
Minisitiri Uwacu yasobanuye ko bakorana n’amashyirahamwe afite ubuzima gatozi gusa bifashishije Komite Olempiki nk’urugaga ruyahuza.
Amashyirahamwe abadepite basuye yababwiye ko MINISPOC ibasaba kwandika bavuga ibyo bazakenera ariko Minisiteri ntibasubize.
Kuri iki, Minisitiri yasobanuye ko bafasha amashyirahamwe mu byihutirwa kandi bafitiye ubushobozi.
Ati “dufite amashyirahamwe 30, hari n’andi agenda avuga…ni byiza. Ariko yose ntiyategereza gukora ibyo agomba gukora ari uko ahawe ubushobozi na Leta. N’ahandi siporo iteye imbere ntabwo ari uko Leta ishyiramo amafaranga menshi. Kandi ugereranyije n’ubukungu bw’igihugu ntabwo u Rwanda ari rwo rushyira amafaranga macye mu mikino.”
Avuga ku buryo ayo mashyirahamwe anenga ko atabona ibihagize yavuze ko ahubwo iyo umuntu hari icyo ashaka ntakibone buri wese agira uko abyakira.
Minisitiri Uwacu avuga ko n’inkunga itari amafaranga baha aya mashyirahamwe atari nto. Ati “ abo muhura nta na bamwe bigeze biyubakira ibikorwa remezo nk’ibibuga bakoresha ni Leta ibyishyura. Ugiye kureba ikiguzi cyabyo mu mafaranga ntabwo ari amafaranga make nubwo gufashwa bakeneye birenze ibyo ariko tubafasha bijyanye n’ubushobozi dufite.”

















