Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Taiwan ikomeje kuba maso nyuma y’impinduka ‘idasanzwe’ mu buyobozi bw’ingabo z’u Bushinwa

Monday 26 January 2026
    Yasomwe na

Taiwan yatangaje ko iri gukurikiranira hafi impinduka yise “zidasanzwe” mu buyobozi bw’ingabo z’u Bushinwa, nyuma y’uko jenerali wo ku rwego rwo hejuru cyane atangiye gukorwaho iperereza. Minisitiri w’ingabo kuri uyu wa Mbere yemeje ko Taiwan itazigera igabanya kugira amakenga kuko urwego rw’iterabwoba ry’ubushinwa rikiri hejuru.

Ku wa Gatandatu, u Bushinwa bwatangaje ko Zhang Youxia, usanzwe ari uwa kabiri mu buyobozi bukuru bw’ingabo ku ruhande rwa Perezida Xi Jinping, akaba visi-perezida wa Komisiyo Nkuru y’Ingabo (Central Military Commission), hamwe n’undi musirikare mukuru, Liu Zhenli, bari gukorwaho iperereza bakekwaho amakosa akomeye ajyanye n’imyitwarire no kutubahiriza amategeko.

Zhang Youxia amaze igihe kinini afatwa nk’inshuti ya hafi cyane ya Xi mu bya gisirikare, kandi ni umwe mu basirikare bakuru bake bafite ubunararibonye mu mirwano, kuko yigeze kugira uruhare mu ntambara yo ku mupaka yabaye mu 1979 hagati y’u Bushinwa na Vietnam.

U Bushinwa, bufata Taiwan iyoborwa mu buryo bwa demokarasi nk’igice cyabwo, busanzwe bwohereza indege z’intambara n’amato ya gisirikare mu kirere no mu mazi akikije icyo kirwa hafi buri munsi. Taipei ibifata nk’ubushotoranyi bwo kuyihungabanya bugamije guhatira guverinoma kwemera ibisabwa na Beijing byo kugenzura Taiwan.


Taiwan n’ubushinwa bimaze imyaka 77 bishyamiranye.

Minisitiri w’ingabo wa Taiwan yongeyeho ko igihugu kizakoresha uburyo butandukanye bw’ubufatanye mu by’ubutasi, kugenzura no kumenya amakuru (intelligence, surveillance and reconnaissance), ndetse no gusangira amakuru n’abandi, kugira ngo “kimenye neza” imigambi ishoboka y’u Bushinwa.

U Bushinwa ntibwigeze buhakana ko bushobora gukoresha ingufu kugira ngo bugenzure Taiwan, kandi mu mpera z’ukwezi gushize bwakoze indi myitozo ya gisirikare yo kwitegura intambara hafi y’icyo kirwa. Guverinoma ya Taiwan ivuga ko ari abaturage b’icyo kirwa bonyine bafite uburenganzira bwo kwihitiramo ahazaza habo.

Mu ijambo yavugiye mu Nteko Ishinga Amategeko nyuma y’uwo munsi, Koo yavuze ko bigaragara ko iterabwoba rituruka ku Bushinwa rirushaho kwiyongera, ashingiye ku myitozo ya gisirikare, ibikorwa bya gisirikare bya buri munsi, ndetse n’izamuka rikomeje ry’ingengo y’imari y’ingabo z’u Bushinwa. Yongeyeho ko Taiwan idashobora na rimwe kudohoka mu kwitwararika umutekano wayo.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru