Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Jonas Afumwisye, yirukanwe ku kazi muri Leta ya Tanzania azira kwamagana ishyirwaho ry’umusoro usabwa mu kohererezanya amafaranga kuri telefone zigendanwa, uzwi nka mobile money.
Yari umuyobozi ku rwego rw’akarere mu kigo cya Tanzania cyo gutwara abagenzi muri gariyamoshi. Yemeje ko yakiriye ibaruwa yo kumwirukana, nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru The Citizen cyo muri icyo gihugu.
Yavuze ko azajurira mu kanama k’abakozi ba leta.
Iyo baruwa ivuga ko yarenze ku itegeko rigenga abakozi ba leta ryo mu mwaka wa 2003.
Ntibiramenyekana urubuga nkoranyambaga uwo muyobozi yakoresheje, gusa ibaruwa imwirukana ivuga gusa ku mbuga nkoranyambaga.
Mu byo yatangaje ku mbuga nkoranyambaga, Afumwisye anashinjwa kwamagana ibikorwa bya leta byo gukingira, no gusebya Perezida Samia Suluhu.
Tumaini Nyamhokya, umukuru w’urugaga rurengera inyungu z’abakozi, yavuze ko uru rugaga rwamagana iyirukanwa ry’uyu mukozi kuko afite uburenganzira bwo kuvuga igitekerezo cye, nkuko bitangazwa na The Citizen.
Mu gihe cyashize, Tanzania yanenzwe kubera igabanuka ry’ubwisanzure no kwibasira abatavuga rumwe na leta.
























