Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Trump yategetse isuzuma rya buri “Green Card” y’abaturuka mu bihugu 19 nyuma y’igitero cyagabwe ku Murwa Mukuru

Friday 28 November 2025
    Yasomwe na

Perezida Donald Trump yategetse iperereza ryihuse ryo kugenzura abantu bose bafite Green Card baturuka mu bihugu ubuyobozi bwe bwita "ibihugu biteye impungenge", nyuma y’aho abasirikare barinda umukuru w’igihugu bagabweho igitero ku wa Gatatu. Ibi byatangajwe ku wa Kane n’umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Abimukira n’Abanyamahanga (USCIS), Joseph Edlow.


Kwinjira muri America bisaba kubanza gusuzuma umwirondoro.

Ubuyobozi bwa Trump bwemeje ko bugiye gusuzuma imiterere y’amategeko y’abimukira bose bafite uburenganzira bwo gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baturuka muri Afghanistan n’ibindi bihugu 18, biturutse ku gitero cyakekwagaho umunyafuganisitani wafashwe.

Umusore ukekwa,w’imyaka 29, bivugwako yakoranye n’ingabo z’Amerika muri Afghanistan, yari yarahawe ubuhungiro muri Mata uyu mwaka, ariko ntabwo yari afite Green Card, nk’uko bitangazwa n’umuryango AfghanEvac, ufasha mu kwimura Abanyafuganisitani kuva Taliban yafata ubutegetsi mu 2021.

Mu butumwa Edlow yanyujije ku rubuga X, yagize ati: “Nategetse isuzuma ryimbitse kuri buri Green Card y’umunyamahanga uwo ari we wese uvuye mu bihugu byose biteye impungenge.”

Abajijwe ibihugu akomozaho, umuvugizi wa USCIS yabwiye AFP ko iteka rya Perezida Trump rya Kamena, ryashyize ibihugu 19 mu cyiciro cy’ Ibihugu biteye impungenge.”

Ibihugu byashyizweho ibihano n’iterabwoba.
Muri ayo mategeko, Amerika yahagaritse ku kigero cya hafi 100% kwinjira kw’abaturuka mu bihugu 12, birimo:

• Afghanistan
• Myanmar
• Chad
• Congo-Brazzaville
• Equatorial Guinea
• Eritrea
• Haiti
• Iran
• Libya
• Somalia
• Sudan
• Yemen

Ku bindi bihugu 7, hashyizweho ibihano bishingiye ku ngendo n’impushya z’akazi:
• Burundi
• Cuba
• Laos
• Sierra Leone
• Togo
• Turkmenistan
• Venezuela

Abaturage b’ibi bihugu bashobora kwemererwa viza z’akazi z’igihe gito, ariko izindi nzira nyinshi zo kwinjira muri Amerika zirahagaritswe. Iri suzuma rishya rije mu gihe ubutegetsi bwa Trump bukomeza gukaza ingamba ku bimukira, cyane cyane abaturuka mu bihugu bifatwa nk’ibikora iterabwoba.

Kugeza ubu, nta makuru menshi yatangajwe ku cyateye uyu mugabo kugaba igitero ku basirikare, ariko iri suzuma rya Green Card riteje impaka mu banyamategeko no mu babungabunga uburenganzira bwa muntu, bavuga ko rishobora guteza ivangura rifatiye ku bihugu.

Honore Ishimwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru