Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

U Burundi bwasubije u Rwanda inka yari imaze umwaka yibwe

Wednesday 11 January 2023
    Yasomwe na

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu itsinda ry’Abayobozi n’abaturage bo mu Burundi riyobowe na Musitanteri wa Komine Ntega bashyikirije u Rwanda inka y’umuturage witwa Nsanzimfura Tharcisse yibwe igafatirwa muri icyo gihugu.

Iyo nka yari yaribwe n’Umurundi kuwa 12/07/2021, hashize umwaka n’igice.

Umuhango w’ihererekanya wabereye mu Murenge wa Gishubi ku nkombe z’umugezi utandukanya u Rwanda n’u Burundi. Wayobowe n’Umuyobozi w’akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego zishinzwe umutekano n’abaturage barimo n’uwari wibwe inka ye.

Umuyobozi w’akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome yavuze ko nyuma yo gukurikirana k’ubuyobozi bw’u Rwanda n’u Burundi, inka yarafashwe, uyu munsi yagaruwe mu Rwanda isubizwa nyirayo Tharcisse Nsanzimfura wo mu Mudugudu wa Hemba Akagari ka Nyabitare.

Inka yashyikirijwe Nsanzimfura Tharcisse wari umaze umwaka yarayibwe

Ubuyobozi bw’impande zombi bwishimiye imikoranire myiza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru