Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

U Burundi bwasubije u Rwanda inka yari imaze umwaka yibwe

Wednesday 11 January 2023
    Yasomwe na

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu itsinda ry’Abayobozi n’abaturage bo mu Burundi riyobowe na Musitanteri wa Komine Ntega bashyikirije u Rwanda inka y’umuturage witwa Nsanzimfura Tharcisse yibwe igafatirwa muri icyo gihugu.

Iyo nka yari yaribwe n’Umurundi kuwa 12/07/2021, hashize umwaka n’igice.

Umuhango w’ihererekanya wabereye mu Murenge wa Gishubi ku nkombe z’umugezi utandukanya u Rwanda n’u Burundi. Wayobowe n’Umuyobozi w’akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego zishinzwe umutekano n’abaturage barimo n’uwari wibwe inka ye.

Umuyobozi w’akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome yavuze ko nyuma yo gukurikirana k’ubuyobozi bw’u Rwanda n’u Burundi, inka yarafashwe, uyu munsi yagaruwe mu Rwanda isubizwa nyirayo Tharcisse Nsanzimfura wo mu Mudugudu wa Hemba Akagari ka Nyabitare.

Inka yashyikirijwe Nsanzimfura Tharcisse wari umaze umwaka yarayibwe

Ubuyobozi bw’impande zombi bwishimiye imikoranire myiza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru