Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu itsinda ry’Abayobozi n’abaturage bo mu Burundi riyobowe na Musitanteri wa Komine Ntega bashyikirije u Rwanda inka y’umuturage witwa Nsanzimfura Tharcisse yibwe igafatirwa muri icyo gihugu.
Iyo nka yari yaribwe n’Umurundi kuwa 12/07/2021, hashize umwaka n’igice.
Umuhango w’ihererekanya wabereye mu Murenge wa Gishubi ku nkombe z’umugezi utandukanya u Rwanda n’u Burundi. Wayobowe n’Umuyobozi w’akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome, ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego zishinzwe umutekano n’abaturage barimo n’uwari wibwe inka ye.
Umuyobozi w’akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jerome yavuze ko nyuma yo gukurikirana k’ubuyobozi bw’u Rwanda n’u Burundi, inka yarafashwe, uyu munsi yagaruwe mu Rwanda isubizwa nyirayo Tharcisse Nsanzimfura wo mu Mudugudu wa Hemba Akagari ka Nyabitare.
Inka yashyikirijwe Nsanzimfura Tharcisse wari umaze umwaka yarayibwe
Ubuyobozi bw’impande zombi bwishimiye imikoranire myiza.


















