Ku wa Kabiri tariki ya 20 Gicurasi 2025, i Kigali mu Rwanda habereye Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (International Security Conference on Africa), aho yitabiriwe n’impuguke zitandukanye n’abayobozi baturutse mu bihugu bitandukanye ku mugabane wa Afurika.
Ni inama yatangijwe n’ikiganiro cyahuje impuguke (round table discussions), cyayobowe na Chukwuemeka Fred Agbata, umwe mu bakurikirana byimbitse iterambere rya ikoranabuhanga n’umutekano wa rwo muri Afurika.
Muri aba baganiriye ku cyerekezo cy’umutekano w’ikoranabuhanga, harimo n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Ikoranabuhanga na Inovasiyo mu Rwanda Minisitiri Paula Ingabire, yatangiye atanga ikaze ku bashyitsi baturutse impande zose z’isi, abashimira kuba bahisemo Kigali nk’ahantu ho kungurana ibitekerezo ku kibazo cy’umutekano ku mugabane w’Afurika.
Yavuze ku cyerekezo cya “Smart Rwanda”, ari yo amabwiriza n’icyerekezo kigenderwaho mu rugendo rwo guhindura ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga. Ayo mabwiriza ashingiye ku mutekano w’ikoranabuhanga (cybersecurity strategy), aho u Rwanda rugamije kurinda ibikorwaremezo by’ingenzi, ibikoresho by’amakuru, ndetse n’ishoramari rikorwa mu rwego rwo kwihutisha impinduka zishingiye ku ikoranabuhanga.
Minisitiri Paula Ingabire yashimangiye ko u Rwanda rwashyizeho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Umutekano mu Ikoranabuhanga (National Cyber Security Agency), gifite inshingano zo gutegura no gushyira mu bikorwa amategeko n’amabwiriza agenga umutekano w’ikoranabuhanga.
Ni inama kandi yibanze ku buryo Afurika ishobora kwitegura guhangana n’ibibazo bijyanye n’ibitero byo kuri murandasi (cyberattacks), ibibazo by’ubwirinzi bw’amakuru (data protection), ndetse n’uko inzego z’umutekano zagira uruhare mu kurinda ibikorwa by’iterambere bikomeje kwihuta binyuze mu ikoranabuhanga.
Amafoto























