Tuesday . 12 May 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more
  • 23 April » AFC/M23 na Kinshasa bemeranyije guhererekanya imfungwa zikanyuzwa muri Uganda – read more

U Rwanda na Afurika y’Epfo baremeranya ko imirwano muri DRCongo ikwiye guhagarara ’vuba’

Tuesday 28 January 2025
    Yasomwe na


Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bemeranya ko intambara iri mu Burasirazuba bwa DRCongo ikwiye guhagarara vuba na bwangu.

Ibiganiro by’aba bakuru b’ibihugu byatangajwe n’ibiro bya Perezidanse ya Afurika y’Epfo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mutarama 2025.

Abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku murongo wa Telefone ku kibazo cy’intambara iri muri DRC yateje impfu z’abasirikare b’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SAMIDRC) zihanjemo iza Afurika y’Epfo.

Byagize biti: “Abakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ko imirwano ikwiye guhagarikwa bwangu kandi ibiganiro by’amahoro hagati y’impande zirebwa n’aya makimbirane bigasubukurwa.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, kuri uyu wa 28 Mutarama 2025 yatangaje ko ikiganiro cya Perezida Kagame na Ramaphosa cyarimo ubwumvikane kandi ko cyatanze umusaruro.

Twabibutsa ko ubwo Perezida Ramaphosa yari mu Rwanda muri Mata 2024, mu gikorwa cyo kwifatanya n’abanyarwanda n’Isi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, we na Perezida Kagame bemeranyije ko intambara yo mu burasirazuba bwa RDC ikwiye guhagarikwa binyuze mu biganiro by’amahoro. Gusa ibiganiro byose byagiye biba ntibyatanze umusaruro wari witezwe, buri ruhande rusigara rwikoma urundi kubica intege.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru