Abagera kuri 350 baturutse mu bihugu 27 byo ku mugabane wa Afurika bitabiriye Inama Mpuzamahanga ku burezi bushingiye ku bumenyingiro (TVET), aho bagaragarije ibikorwa byagezweho, ingamba ndetse n’impinduka zitezwe mu burezi bwibanda ku tekiniki n’imyuga.
Intego y’iyi nama ni ugusangira ubunararibonye mu gushimangira uruhare rw’uburezi bushingiye ku bumenyingiro mu iterambere ry’ibihugu bya Afurika.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yagaragaje ko iyi nama ari amahirwe ku gihugu kugira ngo gihugukire iby’ingenzi biganisha ku kunoza gahunda za TVET, binyuze mu gusangira ibitekerezo n’abandi banyafurika bafite uburambe n’ubushakashatsi mu guteza imbere ubwo burezi.
Abanyarwanda bahawe umwanya wo kwerekana ibikorwa by’indashyikirwa n’ibisubizo byavuye mu bushakashatsi n’imishinga itandukanye, irimo gukorwa ku bufatanye bwa Leta n’abikorera mu mashuri ya tekiniki n’imyuga.
Iyi nama kandi yagaragaje ko uburezi bushingiye ku bumenyingiro bufite uruhare rukomeye mu guhindura ubukungu bw’ibihugu, binyuze mu gutanga ubumenyi bushingiye ku bikorwa bifatika.
Abayitabiriye bashimangiye ko hakenewe ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye kugira ngo hashyirweho porogaramu zinoze z’uburezi bufasha urubyiruko kubona ubumenyi n’ubushobozi bujyanye n’isoko ry’umurimo.


















