Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

U Rwanda rwakiriye Inama Mpuzamahanga ku Burezi Bushingiye ku Bumenyingiro, Intambwe Ikomeye mu Guhindura Ubukungu bwa Afurika.

Thursday 5 June 2025
    Yasomwe na

Abagera kuri 350 baturutse mu bihugu 27 byo ku mugabane wa Afurika bitabiriye Inama Mpuzamahanga ku burezi bushingiye ku bumenyingiro (TVET), aho bagaragarije ibikorwa byagezweho, ingamba ndetse n’impinduka zitezwe mu burezi bwibanda ku tekiniki n’imyuga.

Intego y’iyi nama ni ugusangira ubunararibonye mu gushimangira uruhare rw’uburezi bushingiye ku bumenyingiro mu iterambere ry’ibihugu bya Afurika.

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yagaragaje ko iyi nama ari amahirwe ku gihugu kugira ngo gihugukire iby’ingenzi biganisha ku kunoza gahunda za TVET, binyuze mu gusangira ibitekerezo n’abandi banyafurika bafite uburambe n’ubushakashatsi mu guteza imbere ubwo burezi.

Abanyarwanda bahawe umwanya wo kwerekana ibikorwa by’indashyikirwa n’ibisubizo byavuye mu bushakashatsi n’imishinga itandukanye, irimo gukorwa ku bufatanye bwa Leta n’abikorera mu mashuri ya tekiniki n’imyuga.

Iyi nama kandi yagaragaje ko uburezi bushingiye ku bumenyingiro bufite uruhare rukomeye mu guhindura ubukungu bw’ibihugu, binyuze mu gutanga ubumenyi bushingiye ku bikorwa bifatika.

Abayitabiriye bashimangiye ko hakenewe ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye kugira ngo hashyirweho porogaramu zinoze z’uburezi bufasha urubyiruko kubona ubumenyi n’ubushobozi bujyanye n’isoko ry’umurimo.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru