Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje ko amagambo y’ubushotoranyi ya Minisitiri w’Ubutera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba yatumye rugumishaho ingamba z’ubwirinzi ku mipaka yarwo.
Izi ngamba zitarasobanuka mu itangazamakuru, ni ikibazo gikomereye ubutegetsi bwa Congo, kuko iyo bageze mu biganiro bibera i Luanda muri Angola, iki gihugu kidahwema kuvuga ko kibangamiwe nazo ndetse kigashaka ko zakurirwaho rimwe n’icyo u Rwanda rusaba Congo cyo kurandura umutwe wa FDLR.
Yakomoje agira ati: "Ibi ni byo u Rwanda rugomba guhangana na byo umunsi ku wundi. Iyi ni yo mpamvu ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda zikiriho."
Kuva na Mbere kandi u Rwanda rwahoze tugaragaza ko Congo ifite ubushake bucye mu gushyira mu bikorwa ibyo impande zombi zumbikanye ndetse rugaragaza icyizere gicye cyo kuzatuma ibiganiro bigera ku gisubizo nyacyo gikenewe ngo amahoro n’umutekano mu karere biharuke.


















