Yanditswe na Nimugire Fidelia
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yavuze ko itsinda ry’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Congo (MONUSCO) basanze rishyigikiye ingabo za Leta FARDC mu bikorwa by’ubushotoranyi bimaze iminsi bishyamiranyije u Rwanda na RDCongo ku bisasu biterwa ku butaka bw’u Rwanda.
Nyuma yuko Igisirikare cya RDCongo kirashe mu Rwanda inshuro zigera kurio eshatu mu gihe cy’amezi atatu.
Yolande Makolo yabitangaje ku rubuga rwe rwa twitter asubiza ibyatangajwe n’Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Stéphane Dujarric uherutse kuvuga ko ubusugire bwa DRCongo bukwiye kubahwa.
Yolande Makolo yavuze ko ubudahangarwa bwa DRCongo bungana n’ubw’u Rwanda bityo ko igisirikare cya Congo na cyo gikwiye guhagarika ibikorwa by’ubushotoranyi gikomeje gukora ku Rwanda.
Yavuze ko kuba DRC yarasa ibisasu mu Rwanda ntihagire igikorwa, bigaragaza ubufasha bwa MONUSCO kuri FARDC.
Yagize ati “Ese iyo DRC irashe ibisasu mu Rwanda byo ntibifatwa nko kuvogera, iki ni ikibazo gikomeye kandi kizana ingaruka kandi bikwiye guhagarara burundu.”
Yolande Makoloro yavuze ko MONUSCO yamaze gufata uruhande ndetse ko “yatanze ubufasha bweruye kuri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bikorwa byo kurasa ku butaka bw’u Rwanda.
Yolande Makolo yavuze ko MONUSCO itari ikwiye gukora ibikorwa nk’ibi cyangwa ngo irebere, bikomeze kuba kuko kubirebera na byo bigaragaza ubufatanyacyaha.















