Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more
  • 26 March » VIBE yahanze imirimo igera ku bihumbi 43,000 ku rubyiruko rwo mu Rwanda – read more

U Rwanda rwemeje kwitabira inama ya SADC na EAC

Monday 17 March 2025
    Yasomwe na

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwitabiriye inama ihuza Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bo muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC).

Ni inama yiga ku buryo intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yahagarara hadakomeje imbaraga z’intambara.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, ubwo yari abajijwe niba hari intumwa z’u Rwanda zigomba kwitabira iyi nama yabwiye IGIHE ati “ Yego, ni ho turi”.

Muri iyi nama harasuzumwa raporo yateguwe n’abagaba bakuru b’ingabo bo muri EAC na SADC, ubwo bahuriraga i Dar es Salaam tariki ya 24 Gashyantare, irebana n’ihagarikwa ry’imirwano mu Burasirazuba bwa RDC no kubaho kw’ibikorwa by’ubutabazi.

Mu bindi bakora harimo gutegura umurongo w’ibiganiro bya politike bizahuza ubutegetsi bwa RDC n’abashyamiranye na bwo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru