Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

U Rwanda rwisanze ku rutonde rw’ibihugu bitemerewe gukorera ingendo mu Bwongereza kubera Coronavirusi nshya

Friday 29 January 2021
    Yasomwe na

Ubwami bw’Ubwongereza bwatangaje ko ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na Leta zunze ubumwe z’Abarabu (U.A.E) byongerewe ku rutonde rutukura ruriho ibihugu bitemerewe gukorera ingendo muri kiriya gihugu mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Virusi nshya ya Covid-19 yandura vuba.

Virusi nshya ya corona yagaragaye bwa mbere muri Afurika y’Epfo muri uku kwezi kwa mbere, ikwirakwira byihuse no mu Bwongereza, ikaba imaze no kugera mu bihugu bimwe na bimwe by’Afurika.

Ubu kwinjira mu Bwongereza birabujijwe ku bagenzi bava muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), mu Rwanda no mu Burundi guhera ku wa Gatanu tariki 29 Mutarama 29 saa 13h00.

Gusa ku baturage bakomoka mu Bwongereza, muri Irlande cyangwa bakomoka mu bindi bihugu ariko bemerewe kuba mu Bwongereza bo bemerewe kujyayo.

Itangazo ryasohowe n’Ubwongereza rivuga ko kuva saa kumi za mu gitondo ku wa Gatanu abari bugere mu gihugu bose baraciye mu bihugu byavuzwe birimo n’u Rwanda mu minsi 10, mbere yo kugera mu Bwongereza bagomba kujya mu kato, kandi ngo ntibemerewe kwipimisha kugira ngo bakavemo.

Ubwongereza buvuga ko icyemezo cyafashwe mu rwego rwo gukaza ingamba nyuma y’ibimenyetso bivuga ko Virusi idasanzwe yagaragaye muri Africa y’Epfo ishobora kuba yarageze n’ahandi henshi.

Umugenzi uvuye muri ibyo bihugu byakumiriwe akagera mu Bwongereza atubahirije amategeko n’amabwiriza mashya ashobora guhabwa ibihano birimo no gucibwa amande angera ku mapawundi y’Ubwongereza 500, asaga ibihumbi 500 by’Amafaranga y’u Rwanda.

Muri iki cyemezo nta bwo n’ingendo zijyanye n’ubucuruzi zemewe.

Ubwongereza ku wa Gatatu bwashyizeho ingamba nshya zirimo kugabanya ingendo mu mahanga, no kugabanya ibyago byo kwanduzanya COVID-19 harimo gushyiraho uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’akato muri hoteli, ndetse no gusaba ko ushaka gukora urugendo abanza gusobanura impamvu y’urwo rugendo.

Itangazo rivuga ko ibindi bijyanye n’iki cyemezo bizatangazwa mu Cyumweru gitaha.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru