Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

UN irashinja Ethiopia kwicisha inzara nk’intwaro yo mu ntambara ya Tigray

Thursday 10 November 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umuryango w’abibumbye (UN) washinje Ethiopia gukoresha kwicisha inzara nk’intwaro yo mu ntambara muri Tigray, aho uvuga ko ukutahagera kw’imfashanyo kwashyize mu byago 90% by’abaturage.

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS), rivuga ko nta biribwa cyangwa imiti byari byagera mu karere ka Tigray ko mu Majyaruguru ya Ethiopia, nubwo mu cyumweru gishize hashyizwe umukono ku masezerano yo guhagarika imirwano.

Umuyobozi Mmukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati: “Nta kintu na kimwe kirimo kugenda. Nari niteze ko ibiribwa n’imiti bitangira kuhagera ako kanya nyuma yo guhagarika imirwano. Ibyo ntibirimo kuba.”

Yavuze ko abantu barimo kwicwa no kubura ibiribwa ndetse bakicwa n’indwara zishobora kuvurwa.

Dr Tedros, ukomoka muri Tigray, yasabye ko itumanaho rya telefone risubizwaho, banki zikongera gukora, hamwe n’izindi serivisi z’ibanze.

Yavuze ko abantu miliyoni esheshatu bamaze imyaka ibiri batamenya ibibera ahandi ku isi nkaho batabaho.

Umutegetsi wo muri Ethiopia yavuze ko Dr Tedros arimo kugerageza kubangamira amasezerano y’amahoro - kandi ko ibiribwa n’imiti birimo kugera muri Tigray.

Yavuze ko umuriro w’amashanyarazi na serivisi z’itumanaho byasubijweho mu duce tumwe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru