Ubutegetsi bw’Ubushinwa bwafatiye ibihano abategetsi bahoze muri leta ya Trump, nyuma y’umwuka utari mwiza waranze impande zombi kuva Trump wabaye Perezida wa 45 w’Amerika akimara kwinjira mu Ngoro ya Perezida White House.
Ibihano Ubushinwa bwafatiye abahoze mu butegetsi bwa Trumpa ibihano byatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu, Wang Yi, nyuma y’iminota mike Joe Biden arahiriye kuba perezida wa 46 w’Amerika ku mugoroba wo ku wa 20 Mutarama 2021.
Mu baza imbere ni uwahoze ari minisitiri w’Amerika ushinzwe ubuhanyi n’amahanga, Mike Pompeo, yabaye umwe muri 28 Ubushinwa buvuga ko bateguye, baramamaza kandi bashyira mu bikorwa urukurikirane rw’ibihano byahungabanije Ubushinwa n’inyungu zabwo.
Abandi muri bo ni uwahoze ari umujyanama wa Trump mu by’ubucuruzi, Peter Navarro, uyu yahoze ari umujyanama mu bijyanye n’umutekano, Robert O’Brien, hamwe n’uwo yasimbuye, John Bolton.
BBC dukesha iyi nkuru yavuze ko uyu Minisitiri w’Ubusinwa Wang Yi yavuze ko ibyo bihano byabangamiye abaturage babo, byongera bibangamira imigenderanire hagati y’ibyo bihugu bibiri.
Abo bahoze ari abategetsi hamwe n’imiryango yabo babujijwe kwinjira ku butaka bw’Ubushinwa, ubwa Hong Kong n’intara idasanzwe ya Macao igenzurwa n’Ubushinwa.
Imigenderanire hagati y’Ubushinwa na Leta zunze ubumwe z’Amerika yajemo agatotsi gakomeye nyuma y’aho Trump atangije intambara yo kuzamura imisoro ku bicuruzwa bituruka mu Bushinwa akigera ku butegetsi.Ubushinwa bwafatiye ibihano abategetsi bahoze muri leta ya Trump, nyuma y

















