Uwari asanzwe ari Umugaba Mukuru w’ingabo za Israel, Lt. Gen. Herzi Halevi yatangaje ko yeguye ku nshingano kubera ko hari ibyo atarahabwaho ubusobanuro ku gitero cyagabwe ku gihugu cye tariki 7, Ukwakira, 2023 bikozwe na Hamas.
Icyo gitero cyatumye igihugu cye kijya mu ntambara yari imaze amezi 15 ikaba iherutse gusa nihagaze nyuma y’amasezerano yasinyiwe muri Qatar mu Murwa mukuru, Doha y’agahenge hagati y’impande zirwana.
Igitero cyagabwe kuri Israel bikozwe na Hamas cyatumye abantu 1200 bahasiga ubuzima, abandi 250 batwarwa bunyago.
Muri abo bantu, kugeza ubu hari abantu 90 bo muri Israel bakiri mu bunyago.
Halevi yatangaje ko azegura mu buryo bweruye tariki 06, Werurwe, 2025, akazaba yeguye akurikira mugenzi we wari ushinzwe ingabo zo mu Majyepfo ya Israel witwa Maj. Gen. Yaron Finkelman.
Uyu musirikare niwe wari ugaragariye abasirikare barwanaga na Hamas muri Gaza.
Kwegura kw’abo basirikare bakuru kwabaye ikindi kintu gishyira igitutu ku butegetsi bwa Netanyahu ngo bugire icyo butangaza kubyaye byose mbere y’uko igitero cyo kuri iriya tariki kibe.
Abasesengura ibyabaye muri Israel no muri Politiki yayo bavuga ko Netanyahu afite ikibazo cyo gusobanurira abaturage uko ibintu byose byagenze mbere y’uko igihugu cye kigabwaho ibitero, ariko we akavuga ko iyo ari ingingo izavugwaho intambara yarangiye.
Gen Halevi yavuze ko igihe kigeze ngo igisirikare gihabwe uburenganzira bwo guperereza neza hakamenyekana ibintu byose byabanjirije kiriya gitero.
Uyu musirikare kandi bivugwa ko atakoranaga neza na Minisitiri w’ingabo Israel Katz kubera ko we yumvaga ibintu kimwe na Minisitiri w’Intebe Benyamini Netanyahu.




















