Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Umugore wa mbere muri afurika Louise Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie

Friday 12 October 2018
    Yasomwe na

Amakuru dukesha urubuga rwa Twitter rwa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda ni uko abakuru b’ibihugu n’abazaguverinoma bateraniye mu nama ya 17 y’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa bose bemeje bidasubirwaho ko Louise Mushikiwabo ariwe Muyobozi mushya w’uyu muryango.

Louise Mushikiwabo akaba agiye kuyobora OIF muri manda y’imyaka ine. Amakuru dukesha Radiyo mpuzamahanga y’abafaransa ni uko Mushikiwabo ategerejweho inshingano zikomeye zo kwimakaza imiyoborere myiza, Demokarasi n’Uburenganzira bwa muntu mu bihugu bigize uyu muryango.

Mushikiwabo atowe mu bwisanzure busesuye mu gihe cyo kwiyamamaza n’ubundi ariwe wahabwaga amahirwe yo kuyobora uyu muryango, kuko Mishaelle Jean yaregwaga kuba yaracunze umutungo w’umuryango nabi.

Uyu mwanya Louise Mushikiwabo awugezeho ahigitse uwo bari bawuhanganiyeho Michaelle Jean wari usanzwe ari umuyobozi wawo, ukomoka muri Canada. Michaelle Jean ntiyashyigikiwe n’igihugu cye.

Mushikiwabo abaye umunyafuruka wa gatatu uyoboye OIF nyuma ya Butros Butros Ghari na Abdou Diouf. By’akarusho ni we mugore w’Umunyafurika wa mbere wicaye ku ntebe y’ubuyobozi bw’uyu muryango.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru