Umusaza Masazo Nonaka ukomoka mu gihugu cy’Umuyapani yari yaraciye agahigo ko kuba riwe wari mu kuru kurusha abandi kwisi yitabye Imana.
Tariki 10 Mata 2018, ‘Guinness des records’ yagaragaje ko uyu Nonaka yaciye agahigo ko kuba ariwe urusha abandi bose bariho imyaka. Masazo nonaka yavutse tariki 25 Nyakanga 1905 ashyingirwa mu mwaka wa 1931akaba yarabyaye abana batanu.
Nk’uko byatangajwe na L’Express, Yuko umwuzukuru wa Nonaka yavuze ko sekuru yabasigiye agahinda ko kuba yaritabye Imana ntabundi bundi burwayi azize.
Ubwo yahabwaga igihembo na Guiness des Records
Uyu mukambwe wikundiraga kurya ibintu biryohereye no kureba umukino wo kurwana uzwi nka ‘sumo’, yabanaga n’umuryango we ufite ahantu abantu baruhukira bakuhagirwa ibirenge hakoreshejwe amazi ashyushye ava mu birunga.
Si ubwambere igihugu cy’ubyapani kigaragaye mo abantu baciye uduhigo mu kubaho igihe kirere kire kuko kuko na Miyako Chiyo witabye Imana mu 2018 afite imyaka 117 n’iminsi 83, na Misao Okawa wari ufite 117, Jiroemon Kimura waruhutse mu 2013 afite 116 na Sakari Momoi watabarutse mu 2015 afite 112 bose niho bakomokaga.
Guinness ivuga ko agahigo k’umuntu wabayeho igihe kirekire yaba mu bakiriho n’abitabye Imana kagifitwe n’Umufaransakazi Jeanne Calment wapfuye mu 1997 afite imyaka 122 n’iminsi 164.



















