Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Yerusalem: Umwihariko w’ ikidendezi cy’i Silowamu ku bakiristo

Thursday 27 June 2019
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo

“Wa muntu witwa Yesu yatobye akondo akansiga ku maso arambwira ati jya I Silowamu wiyuhagire nuko ndagenda ndiyuhagira ndahumuka”(ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo uko bwanditswe na Yohani,9:1-12).

Nkuko urubuga rwa Holyland rubivuga,ikidendezi cya Silowamu giherereye mu majyepfo y’umujyi wa Dawidi.Icyo kidendezi kikaba kirimo amazi, aha hantu rero hakaba handitse mu gitabo cya bibiliya y’abaheburayo ndetse no mu isezerano rishya.

Iki kidendezi rero bajya banita ikidendezi cya Ezechias ni ahantu Yesu yoherereje umuntu wari waravutse afite ubumuga bwo kutabona yogamo maze arhumuka.Iki kidendezi kandi ibyacyo byanditse no mu gitabo cya Yesaya 8:6.

Ku bakiristo rero ikidendezi cya Silowamu gifite ubusobanuro bwihariye,kivugwa mu butumwa bwiza bwanditswe na Yohani nk’ahantu Yesu yohereje uwavutse atareba kugirango ahakirire byuzuye.

Ikidendezi cya Silowamu mu gihe cy’ubu giherereye mu gihugu cya Isiraheli mu karere ka Silwam mu mujyi wa Yerusalem bikunze kuvugwa ko ari umujyi mutagatifu cyane cyane ku bantu bari mu madini atatu yemera Imana imwe, ariyo Abakiristo,Abayahudi n’Abayisilamu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru