Yanditswe na Ntakirutimana Alfred
Abagana ikigo nderabuzima cya Nyabitimbo cyo mu Karere ka Rusizi bavuga ko bagorwa no kubona Imbangukiragutabara (Ambulance) ku buryo bamwe babyarira mu nzira abandi bakaba bahasiga Ubuzima.
Babwiye umunyamakuru wa Mamaurwagasabo ko bikunze kuba iyo boherejwe ku bitaro by’akarere bya Mibilizi.
Ni ikibazo bavuga ko kigiye kumara amezi arenga arindwi, kikabangamira cyane abagore batwite, abarwaje abana kimwe n’abandi baturage iyo boherejwe ku bitaro by’akarere.
Mukamasabo Christine yagize ati: ”Nageze ku kigo nderabuzima nari ntwite inda irandya abaganga bahamagara ambulance iratinda uwo muganga arambwira ngo ’gusaba ni ugusaba ntacyo twakora’,mbonye ngiye gupfa nahise mfata moto ingeza Mibirizi nyishyura amafaranga ibihumbi icumi."
Yongeyeho ati: "Nyuma baje kumbaga mbyara abana babiri ndataha, haciye igihe gito babana bararwara mbajyana ku kigo nderabuzima nubundi batwohereza i Mibirizi turongera duhura na cya kibazo cyo kubura ambulance. Nahageze saa munani z’amanywa baravuga ngo ambulance yabuze baba babashyize ku mashini ibongerera umwuka abana barahaguma, bakomeza guhamagara ku bitaro ngo bohereze ambulance irakomeza irabura, twaraharaye ambulance yahageze mugitondo saa mbiri”.
Byagenze gute kugira ngo iki kigo nderabuzima kibure ambulance?
Tariki ya 4 /10/2022 ambulance iki kigo cyifashishaga mu gutwara abarwayi yakoze impanuka aho abagera kuri 5 bayiguyemo barimo na bamwe mu baforomo bakoraga kuri iki kigo cya Nyabitimbo.
Kuva ubwo iki kibazo cyahise gitangira, gusa abaturage basanzwe bagana iki kigo nderabuzima bifuza ko bahabwa indi ambulance izajya ibafasha.
Rukeratabaro Theoneste yagize ati: ”Icyo nakwifuza ni uko batwoherereza ambulance ihora hano, umuntu yajya ahura n’akabazo gato k’uburwayi igahita imwirukankana bagatabarira hafi ubuzima bw’umuntu”.
Aha muri uyu murenge hari ibibazo bisa naho ari inkubirane, uretse ikibazo cy’imodoka y’abarwayi hari n’ikibazo cy’umuhanda utoroshye kuwugendamo n’ikinyabiziga.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie avuga ko Imbangukiragutabara bayibona vuba kuko yatumijwe mu Mahanga.
Yagize ati: ”Ambulance barayibona vuba, hari iyo twatumije mu mahanga ku bufatanye na Enabel irahagera vuba”.
Nyamara nubwo ubuyobozi bw’akarere buvuga ibyo gutumiza indi, mu marembo y’ibitaro bya Mibilizi hari imbangukira gutabara 7 zahapfiriye, zabuze uwazisana.
Ikigo nderabizima cya Nyabitombo giherereye mu murenge wa Butare, umwe muri 18 igize aka karere ka Rusizi. Ni igice cy’imisozi ihanamye ku buryo inzira zijyayo zose zica mu misozi.



















