Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Bamwe mu banyarwanda bahawe impeta z’ishimwe ku bw’ibikorwa bakoze biranga umutima w’ubutwari muri Jenoside yakorewe Abatutsi, basaba abakiri bato kwimakaza umuco wo kugira ukuri n’ubunyangamugayo kuko biganisha ku butwari.
Ni impanuro batanga ku bakiri bato n’Abanyarwanda muri rusange mu gihe habura iminsi mike ngo u Rwanda rwizihize umunsi w’Intwari uzaba tariki ya mbere Gashyantare 2023.
Aba barimo Niyitegeka Sosytene mu 2007 wahawe impeta y’ishimwe n’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame kubwo guhisha Abatutsu bahigwaga muri Jenoside yabakorewe mu 1994.
Avuga ko kugira ubutwari ari ukugira ibitekerezo bigutera kugirira umuntu wese neza, birinda inabi, ishari, ubugome n’ibindi.
Ati: “Aho niho ubutwari bukomoka. Ubundi kandi ntube watinya kuvuga ukuri, ngo ‘ukuri guca mu ziko ntigushye’, ntube watinya no kuguhagararira; ubwo nib wo butwari.”
Umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi mu Rwego rushinzwe Intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe CHENO, Rwaka Nicolas, avuga ko ubu hatanwga impeta z’ishimwe z’ubwoko burindwi kandi byakozwe mu rwego rwo gutoza abato umuco wo gushima.
Yabwiye Televiziyo y’igihugu ati: “Icyo biba bigamije ni uko buriya igihugu kidashima ntabwo akenshi cyimakaza indangagaciro yo gukora cyangwa gushima ikiza mukagaya ikibi. Twifuza yuko abantu gushima babigira umuco; umuntu wakoze ikiza agashimirwa kuko iyo ashimiwe bituma arushaho gukora neza, binamuha n’umurongo wo kurushaho kunoza ibyo akora.”
Impeta z’ishimwe zitangwa zirimo Impeta yo kubohora igihugu, yitwa Uruti, iyo kurwanya Jenoside yitwa Umurinzi, iy’Icyubahiro yitwa Agaciro, iy’Ubucuti yitwa Igihango, iy’Umurimo yitwa Indashyikirwa, iy’Umuco yitwa Indangamirwa ndetse n’impeta y’ishimwe y’Ubwtange yitwa Indengabaganizi.


















