Tuesday . 2 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Abakandida 34 b’ishyaka DGPR, babiri ntibemerewe kwiyamamaza mu matora y’Abadepite

Tuesday 7 August 2018
    Yasomwe na

Mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (DGPR), abakandida 34 ryatanze, babiri ntibemerewe mu matora y’Abadepite ateganyijwe mu kwezi gutaha muri uyu mwaka wa 2018.

Mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (DGPR), abakandida 34 ryatanze, babiri ntibemerewe kwiyamamaza. bivuze ko ku rutonde rw’agateganyo rwari rwemejwe na NEC hiyongereyeho abakandida babiri, bose hamwe ubu DGPR ifite abakandida 32 bemerewe kwiyamamaza bidasubirwaho.

NEC yatangaje ko mu bantu 539 batanze kandidatire zabo bashaka kwiyamamaza mu matora y’Abadepite ateganyijwe mu kwezi gutaha, abagera kuri 521 ari bo babyemerewe mu gihugu hose, bivuze ko abangiwe ari 18.

Ni mu gihe mu bakandida batanzwe n’imitwe ya politiki hemewe 302, aho mu Muryango FPR-Inkotanyi, PL, PSD abatanzwe bose bemewe.

Naho Elissam Salim, Sebagenzi Ally Hussein, Mpayimana Philippe na Nsengiyumva Janvier bemewe nk’abakandida bigenga , naho Ntakaburimvano Théodore yarangiwe kuko atujuje ibisabwa.Mu byiciro byihariye, mu rubyiruko hatanzwe kandidatire 32, hemerwa 26.

Mu bafite ubumuga hatanzwe kandidatire 10 zose ziremerwa, mu bifuza guhagararira abagore hemejwe abakandida 179.Muri abo bagore harimo 23 bo mu Majyaruguru, 62 bo mu mayepfo, 39 Iburasirazuba, 39 Iburengerazuba na 16 bo mu mujyi wa Kigali.Tubibutse ko ibikorwa byo kwiyamamaza bizatangira ku wa 13 Kanama kugeza ku wa 1 Nzeri 2017.

Amatora ateganyijwe ku wa 2 Nzeri 2018 ku Banyarwanda batuye muri Diaspora naho abari imbere mu gihugu bazazindukira mu matora ku wa 3 Nzeri 2018.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru