Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Abantu bane bapfiriye mu myigaragambyo y’abashyigikiye Perezida Donald Trump batera ingoro y’Inteko Ishingamategeko

Thursday 7 January 2021
    Yasomwe na

Ibihumbi by’abaturage bashyigikiye Donald Trump binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika ubwo abayigize bari bateranye ngo bemeze intsinzi ya Joe Biden watowe.

Muri iyi myigaragambyo yabaye ku wa Gatatu, abayitabiriye barushije imbaraga abapolisi barinda Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, ndetse bamwe babaca mu rihumye barinjira.

Mu kurinda abadepite n’abasenateri hari abasabwe kuguma mu biro byabo mu gihe abandi bajyanywe ahantu hatekanyo kurushaho.

Ahagana saa Tatu z’ijoro ubwo abasenateri baganiraga ku ngingo yazamuwe n’abashyigikiye Trump zirimo iyerekeye amajwi ya Leta ya Arizona, ikiganiro cyarogowe kuko abigaragambya bari mu cyumba kiri inyuma y’ahakorera, Umutwe wa Sena.

Aljazeera yanditse ko umuntu umwe ari we bivugwa ko yakomerekeye muri iyi myigaragambyo.

Umugore umwe yarashwe n’abapolisi, abandi bantu batatu bapfuye kubera kudahabwa "ubutabazi bwihutirwa".

BBC ivuga ko uwo mugore warashwe ibinyamakuru muri Amerika bivuga ko yahoze ari mu ngabo za US Air Force, akaba yari mu bantu bari imbere binjira ku ngufu mu cyumba abashingamategeko bateraniramo.

Abandi bapfuye bivugwa ko ari abagabo babiri n’umugore umwe.

Igipolisi kivuga ko cyapfunze abantu 52 - muri bo 47 bazize kurenga ku mategeko y’umukwabu.

Byabaye ngombwa ko inama rusange y’abashingamategeko n’abakenguzamateka ibanza guhagarara nyuma y’aho abashyigikiye Perezida Trump batereye ingoro y’inteko inshingamategeko.

Igiporisi gikorera kuri Capitol cyabujije urujya n’uruza icyo gihe maze gisaba abari mu ngoro bose "kwinyegeza".

Imbere y’uko ibi biba, Perezida Donald Trump yari yagejeje ijambo hanze y’ibiro bye maze abatera intege ngo bakomeze imyigaragambyo yo guhakana ibyavuye mu matora

.

Umwe mu bigaragambya yagaragaye atwaye igikoresho cyo muri iyi nyubakwa ya US Capitol

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru