Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri za kaminuza bari gutorezwa i Nkumba mu karere ka Burera basabwe kwimakaza ubupfura birinda inzoga n’ibindi biyobyabwenge bibicira ejo hazaza.
Ibi babisabwe na Minisitiri w’Uburezi Dr. Uwamariya Valentine, kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga Itorero Intagamburuzwa icyiciro cya IV, mu kigo cy’ubutore cya Nkumba.
Yabibukije ko badakwiye kwishora mu byabangiriza ubuzima, birimo inzoga n’itabi.
Ati: "Mwirinde ibiyobyabwenge, kuko kwiga ntacyo byaba bibamariye mukomeje kunywa ibiyobyabwenge birimo inzoga n’amatabi y’ubwoko bwose bibangiza ubwonko, bigatuma mutagira icyo mwimarira cyangwa mumarira igihugu."
Yabwiye itangazamakuru ko urubyiruko kwimakaza ubupfura birinda inzoga n’ibiyobyabwenge bibugarije muri iki gihe.
Ati: "Twese turabizi muri iyi minsi biragaraga ko urubyiruko rwugarijwe n’ibiyobyabwenge, nibyiza ko biga bakagira ubumenyi, bakagira ubuzima bwiza ntibishore muri izo ngeso mbi ziyobyabwenge, iyo bigenze bityo ntabwo intego yawe uyigeraho urangirika. Hari igihe bitangira ari agakungu gasanzwe k’abana ariko bikazisanga baraguye muri ibyo bikorwa bibi."
Umwe mu rubyiruko ruri gutozwa witwa Usanase Ntaganda wiga muri kaminuza y’u Rwanda yaguze ko bagiye kugeza ubutumwa kuri bagenzi babo.
Yagize ati: "Nibyo koko muri kaminuza tugira imbogamizi y’abanyeshuri bakoresha ibiyobyabwenge barimo inzoga n’itabi, bikabicira ubuzima ndetse bamwe bibatera n’uburwayi bwo mu mutwe, ubu turi hano turi imboni za baganzi bacu nkuko twaturutse muri campus zose natwe rero tuzabigisha bahinduke."
Janvier Iribuka waje aturutse muri Kaminuza ya Kigali nawe yagize ati: "Ubundi itorero rifite akamaro kanini, impanuro baduhaye ni inshingano za buri wese kuzishyira mu bikorwa, turi intore zidasobanya kandi urubyiruko ntirukwiye kwihandika mu biyobyabwenge nta cyiza cyabyo."
Umuyobozi w’Ihuriro ry’abanyeshuri mu Rwanda,
"Intagamburuzwa", Evariste Murwanashyaka avuga ko kwiga ari uguhozaho, ariyo mpamvu bakwiye kugira indagagaciro z’umuco nyarwanda na kirazira.
Aragira ati: "Umuntu ashobora kurangiza amashuri ari umuhanga afite amanota meza ariko Indagagaciro ze zikamwimisha akazi, buriya inshingano dufite ni ukwimakaza itorero muri kaminuza iwacu, ibi byose nibyo tuza kwiga hano kandi natwe tukabitoza bandi."
Kugeza ubu ikigo cy’ubutore cya Nkumba kimaze gutorezwamo urubyiruko rwiga muri kaminuza zose zo mu Rwanda rugera kuri 2 728.
Mu mwaka wa 2014, hatojwe abanyeshuri 238 ,muri 2015 hatozwa 400, muri 2016 hatozwa abanyeshuri 2090 mu gihe muri uyu mwaka wa 2023 hari gutozwa abasaga 200.
Itorero Intagamburuzwa Icyiciro cya IV ry’uyu mwaka ryatangiye tariki ya 17 Kamena 2023 rizasozwa tariki ya 27 Kamena 2023, barimo kwigisha indagagaciro z’umuco nyarwanda, kwirinda amacakubiri yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.






















