Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu nama yateguwe n’Intara y’Amajyaruguru yagarutse ku mihigo y’iyi ntara n’iy’uturere tuyigize ndetse barebeye hamwe imbogamizi bahuye nazo mu mihigo ya 2021/2022, n’uko imihigo ya 2022/2023 ihagaze n’ingamba zikwiye gufatwa mu kwesa imihigo y’uyu mwaka.
Iyi nama kandi yari yatumiwemo Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, abaperezida b’inama njyanama z’uturere, abagize komite nyobozi z’uturere, inzego z’umutekano, abafatanyabikorwa n’abakozi b’uturere,
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Musabyimana Jean Claude yabanje gushimira akarere ka Rulindo uburyo kitwaye neza ndetse agaruka kuri byinshi byatuma iyi ntara ishobora kwesa imihigo, ikava ku mwanya wanyumya.
Ati: "Nshingiye ku isuzuma ry’Imihigo y’Uturere ya 2021/2022 aho byagaragaye ko Intara y’Amajyaruguru itakoze neza uko bikwiye, Uturere tuyigize tukaba twaraje mu myanya ya nyuma usibye Rulindo, ndabasaba kuzirikana by’umwihariko ibi bikurikira, bizabafasha kwitwara neza ubutaha."
"Mugomba gushyiraho gahunda yo kwicarana nk’inzego ziyoboye Akarere mukisuzuma mureba ibitaragenze neza no gushyiraho ingamba zo kunoza imikorere igamije intego. Gukurikirana ibibazo biri mu Karere, Intara no gufata ibyemezo hagamijwe kubishakira ibisubizo binoze."
Minisitiri Musabyimana yakomeje agira ati: "Mukwiye kandi gushyiraho umwuka mwiza w’imikorere n’imikoranire no kwizerana hagati yanyu no gukora nk’ikipe, kuzuzanya mu nyungu rusange z’Igihugu hagamijwe ineza y’umuturage; ikindi musenyera umugozi umwe, mumenye gukorana neza n’inzego mufatanyije zikorera mu ifasi yanyu hagamijwe iterambere."
Mu bindi Minisitiri yibukije aba bayobozi ni ukurushaho kwegera abaturage no kongera uruhare rwabo mu bibakorerwa bakabyitabira, kwitabira gahunda z’iterambere, kubaha amakuru bakeneye, kunoza no kubaha serivisi bakeneye kugira ngo biteze imbere.
Minisitiri yasoje ijambo rye avuga ko Imihigo itaragezweho ari igihombo gikomeye, ndetse yashimiye ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru bwateguye bwateguye iyi nama yo kwinegura mu gihe cyiza kugira ngo nk’abayobozi bicare mu turebe aho ibibazo biri hanyuma hafatwe ingamba.





















