Amerika na Iran baragaragaza ubushake bwo kugera ku masezerano mashya ku bijyanye na gahunda ya Iran ya nuclear,nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Turukiya, Hakan Fidan.
Mu kiganiro yahaye Financial Times, Fidan yavuze ko ari intambwe nziza kuba Amerika igaragaza ko yemera ko Iran ikomeza gutunganya uranium, ariko mu bipimo no mu mbibi byumvikanyweho. Yagize ati: “Ni byiza kubona ko Abanyamerika biteguye kwihanganira itunganywa rya uranium rya Iran Aho rigarukira mu buryo busobanutse.”
Fidan kandi yagaragaje ko Iran isobanukiwe ko ikeneye kugera ku masezerano na Amerika, mu gihe na Amerika na yo yemera ko Iran ifite aho igarukira itarenza.
Nubwo bimeze bityo, Minisitiri Fidan yihanangirije ko kwagura ibiganiro bikajyana no kuganira ku ntwaro za misile za Iran bishobora guteza umwuka mubi mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati. Yavuze ko guhatira Iran kuganira ku bibazo byose icyarimwe bishobora gutuma n’ikibazo cya Nuclear kidatera imbere, bikaba byanateza indi ntambara mu karere.
Ibi biganiro biri gukurikiranwa n’amahanga , mu gihe impande zombi zishaka uburyo bwo kugabanya umwuka mubi umaze igihe hagati yazo no kwirinda intambara ishobora guhungabanya umutekano w’akarere.
Yvette NIYIGENA



















