Ibi babisabwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye ubwo yari yaje kwifatanya n’abo mu gutaha ibi bikorwa byakozwe n’Ingabo ndetse na polisi kubufatanye n’Ingabo za EAC.
Umuturage wahawe inzu witwa Uwimana Claudine wo mu kagari ka Rubona, Umurenge wa Rusarabuye yashimiye Perezida Kagame wamutuje aheza.
Ati ”Ndishimye cyane kuba Nyakubahwa Perezida Kagame ampaye inzu nziza nabaga ahantu habi , ndi mubukode , Polisi, Ingabo n’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba ndabashimiye cyane Imana ikomeze kubaha umugisha.”
Umuyobozi w’Akarere ka Burera Mukamana Soline yashimiye inzego z’umutekano ndetse asaba uruhare rw’abaturage mu gusigasira ibi bikorwa bahawe.
Ati ”Nibikorwa bigamije iterambere ry’imibereho yabo, inshingano ya mbere nukuyobora umuturage wishimye, ibi bikorwa bigamije gukemura imibereho yabo ya buri munsi, Icyo tubasaba nukubifata neza”
Umuyobozi wa Polisi y’U Rwanda CG Felix Namuhoranye yavuze ko iyi ari intambwe nziza igaragaza iterambere ry’Igihugu ndeste yasabye abahawe ibi bikorwa kuzabifata neza.
Ati ”Ibi bikorwa twatashye uyu munsi mu gihugu hose, ni gihamya gifatika cy’icyerekezo cya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yacu,mukwiye kuzabyitaho.”
Yakomeje agira ati ”Icyo cyerekezo kidusaba guhora dutekereza ku nshingano z’inzego z’umutekano nk’umusingi w’iterambere, umusemburo w’impinduka nziza Igihugu cyacu kigenda kigeraho.”
Mu Karere ka Burera hatashywe ECD (Irerero) rifite agaciro ka Miliyoni 30 Frw, Miliyoni 15 Frw yatewe inkunga Amakoperative y’abahoze mu bikorwa bitemewe, Inzu z’abatishoboye n’ibikoresho bifite agaciro ka Miliyoni 100 Frw ndetse n’Ubwato bufite agaciro ka Miliyoni 10 Frw
Ibi bikorwa byabereye mu gihugu hose mu rwego rwo gukomeza kwishimira ibyagezweho mu gihe u Rwanda rwizihiza umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 31, Ibyakozwe mu mu gihugu hose bifite agaciro ka Miliyari eshatu n’igice zirenga bikaba byari bimaze amezi atatu.
Andi mafoto yaranze uyu muhango
Jean Claude Ndayambaje





























